Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Umwana umaze imyaka 11 arembeye mu bitaro bya Byumba arasabirwa ubufasha

Monday 8 January 2024
    Yasomwe na

Mu bitaro bya Byumba harwariye Umwana w’umukobwa w’imyaka 13 umaze imyaka igera kuri 11 arwaye indwara y’uruhu yabaye amayobera, ababyeyi be bakababazwa n’uko yabuze ubushobozi bwo kumuvuza bakaba basaba ubufasha.

Ni umukobwa witwa Izere Dezirata, uvuka mu karere ka Burera, mu murenge wa Bungwe, ababyeyi be bamurwaje bavuga ko imitungo yabashyizeho basigaye nta n’urwara rwo kwishima.

Umubyeyi w’uyu mwana witwa Ndayambaje Alexandre yavuze uburyo yakubise hirya no hino kugira ngo umwana we avurwe ariko ngo byaranze , ubu arasaba abagiraneza kumufasha.

Yagize ati: "Uyu mwana wanjye witwa Izere, acyuzuza umwaka umwe n’igice ku mubiri we hagiye haza uduheri duto duto tumeze nk’urugera, tukajya duturika arinako dukwira umubiri wose. Twamujyanye muri CHUK yitabwaho n’abaganga baturutse mu bitaro bitandukanye birimo na Faisal ariko uburwayi bukomeza kuyoberana."

Ndayambaje yakomeje agira ati: "Ubu rero abaganga bafashe umwanzuro wo kumusubiza ku bitaro bya Byumba aho yivurije mbere akaba ariho arimo gufashirizwa. Nasigaye iheruheru, icyo twari dufite cyose twarakigurishije, ariko njye ubu nta n’igiceri nsigaranye, ndasaba ubufasha."

Uyu mubyeyi wa Izere avuga kandi ko yandikiye akarere ka Burera ibaruwa isaba ubufasha taliki ya 13/10/2023 ikaba ndetse yaririho na Cashi y’ibitaro bya Byumba, Akarere karayakiye akaba atarabona igisubizo, akaba ariho ahera atakamba ko bamufasha umwana we akavurwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline avuga ko iki kibazo batari bakizi ariko ngo bagiye gusaba ubufasha muri Ministeri y’ubuzima barebe niba hari icyakorwa.

Kuri ubu uyu mwana aryamye mu bitaro bya Byumba, abasha kuvuga nijwi rituje ririmo amaganya, yinginga abagiraneza kumufasha ibishoboka byose agakira.

Wifuza kugira icyo ufasha uyu mwana, nomero za Papa we: 0785212306 Ndayambaje Alexandre,

Imana iguhe Umugisha

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru