Nyuma yo gutakarizwa ikizere n’Inteko Ishinga amategeko, ikanamusaba kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga Ilukamba yashyize aregura, ageza ubwegure bwe kuri Perezida wa Congo DRC, Felix Tshisekedi.
Ilunkamba na Guverinoma ye baterewe icyizere bashinjwa ubushobozi buke.
Ku wa Kane, tariki ya 28 Mutarama 202, uyu Ilunga Ilukamba yari yateye utwatsi ibyo kweguzwa, avuga ko akanama kabimusaba katarajyaho mu buryo bwemewe kuko abakgize uko ari barindwi bataraboneka ariko umunsi wije bamaze kugeza amabaruwa ya kandidature ku biro by’ubunyamabanga bwako.
Abakurikiranira hafi ibya Congo ku miyoborere yaho, basanga uku kweguzwa kwa Minisitiri w’Intebe ari nk’iturufu nziza kuri Perezida Tshisekedi nyuma y’igihe arwana no kugira ubwiganze mu bagize guverinoma no mu nteko ishinga amategeko.
Iyeguzwa rya Minisitiri w’Intebe rije rukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko Ishinga amategeko.
Mu kweguza Minisitiri w’Intebe Ilunga Iluukamba byatowe n’abadepite 367 mu badepite 500 bagize inteko ishinga amategeko ya Congo DRC.
Iri yegura rya Minisitiri w’Intebe wari uhagarariye umubare munini w’abadepite n’abaminisitiri bagize guverinoma ya Congo rigiye gushyira akadomo ku iambo no kwivanga mu mitegekere bya Kabila muri Tshisekedi uri ku butegetsi.

















