Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Gasabo:Mukafurika Annoncita arishimira amahoro afite akomoka ku muryango FPR Inkotanyi

Saturday 25 August 2018
    Yasomwe na

Ubu ni bumwe mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Kanama 2018, ubwo abakandida ba FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya Politiki bifatanyije biyamamarizaga i Bweramvura, mu murenge wa Jabana, Akarere ka Gasbo.

Mukafurika Annoncita atuye mu kagari ka Kabuye, Umurenge wa Jabana, mu karere ka Gasabo. Ni umuhinzi umaze kwiteza imbere abikuye mu buhinzi bw’imboga, amasaro, ibijumba n’ibishyimbo. Mu buhamya bwe ashima cyane FPR Inkotanyi kuba yaragaruye umutekano mu gihugu, ubu akaba amaze gutera imbere, nyamara yaratangiye wenyine ubu akaba afite abakoze ahemba.

Agira ati “Byose kugira ngo mbigereho, mbikesha FPR Inkotanyi yampaye umutekano. Umuntu udafite umutekano ntacyo yageraho. FPR Yankuye ku gishanga ubu inyicaje kuri table d’honneur. FPR yadukuye mu bwigunge, idukura mu mwijima, uyu munsi umuntu wese araryama agasinzira, umutekano ni wose.”

Akomeza asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi gukora bagakoresha amaboko yabo kugira bashobore kwigira, kuko na we ibyo yagezeho abikesha gukora, dore ko atari we bifitiye inyungu wenyine kuko aha akazi n’abandi.

Rwamurangwa Stephen, Uhagarariye Umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Gasabo, asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi n’inshuti zabo kuzazinduka ku itariki eshatu bagatora FPR Inkotanyi kugira ngo bakomeze umuvuduko w’iterambere bamaze kugeraho.

Avuga ko hari byinshi abaturage bakwiye kwitega ku badepite bazatorwa. Agira ati “Nubwo bari basanzwe babikora, abadepite bazarushaho kwegera abaturage, bumve ibitekerezo byabo, gufatanya na bo, kubagira inama no kungurana ibitekerezo.”

Rwamurangwa avuga ko Akarere ka Gasabo kazakomeza gushyira imbaraga mu iterambere ry’ubukungu, hongerwa cyane cyane ibikorwaremezo birimo imihanda, kugeza amazi n’amashanyarazi aho bitaragera, hatezwa imbere imiturire n’imitunganyirize y’Umujyi hubahirizwa igishushanyombonera

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari muri ikibuga cya bweramvura baje kumva abiyamazaa baturutse muri imwe mu mirenge ya karere kagasabo ariyo Jabana,Jari,Nduba na Gastata.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru