Hashize iminsi umupaka wa Kamaniola, uzwi nka Kamanyola ku ruhande rw’u Rwanda, uruhuza na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ugenzurwa na Wazalendo ku ruhande rwaho, ingabo za Leta FARDC zarawutaye zihungira Minova.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Gashyantare 2025 nibwo hasakaye amashusho y’ingabo za M23 zageze kuri uwo mupaka no mu gasantere kawo.
Amashusho agaragaza General Byamungu Bernard aganira n’abaturage arinzwe n’ingabo za M23, bamwe batangira kwibaza niba ariwe babona, cyane ko hari abari bafite amakuru y’ibihuha ko uyu musirikare ushegeshe FARDC anabambura ibice bikomeye yaba yararashwe mbere yaho, tariki ya 17 Gashyantare.
Gen. Byamungu agaragara yereka abaturage umusirikare mugenzi we, bisa nkaho ari we ugiye kuba abafashga kubacungira umutekano, abasaba gutuza bagakomeza ibikorwa byabo cyane ko umwanzi wari ubazonze bamaze kumugeza kure hashoboka.
Umupaka wa Kamanyola uri mu ntera y’ibirometero 70 umanuka ugana Uvira.
M23 kuba igeze Uvira byaba bishyira igitutu kuri perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, cyane ko bafite igisa n’amasinde bagiranye, ubwo baganiraga bakagira ibyo bemeranywa umwaka ushize, hanyuma Umuyobozi wa M23, Gen Sultan Makenga akaza gutangaza ko yatunguwe nuko Perezida Ndayishimiye aho kubikora yahindukiye akamwoherereza ingabo zo kurwana nawe ariko akaba yenda kuzimushyira.
Uvira iri mu Birometeri 26 ugenzuruka Ikiyaga cya Tanganyika ujya Bujumbura mu murwa w’ubucuruzi w’u Burundi. Ku modoka babara ko ushobora gukoresha isaha imwe itagera kuri ebyiri mu gihe n’amaguru baharirwa amasaha atandatu.
Yanditswe na Samuel MUTUNGIREHE






















