Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu yakuye Umujyi wa Kigali n’uturere umunani muri Guma mu Rugo yari imaze iminsi 15 yari yashyizweho mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ry’ubwandu bwa Coronavirus.
Iyi nama yashyizeho ingamba nshya zo kwirinda Coronavirus, yateranye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2021, yayobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Mu myanzuro yayifatiwemo hemejwe ko gahunda ya Guma mu rugo ivanyweho mu Mujyi wa Kigali no mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro.
Muri ibyo byemezo by’Inama y’Abaminisitiri, hanzuwe ko ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’intara ndetse n’uturere tw’igihugu zizasubukurwa uretse izo kujya no kuva mu mirenge iri muri Guma mu rugo.
Ingendo zirabujijwe guhera saa Kumi n’ebyiri za nimugoroba kugeza saa Kumi za mu gitondo.





















