Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Huye:Uruganda rwa Sorwal rwiteguye guha akazi abagera kuri 300

Friday 9 November 2018
    Yasomwe na

Nyuma yo kugura uruganda rw’ibibiriti ruherereye ku Karubanda mu Karere ka Huye, umushoramari Osman Rafik yiteguye guha akazi abantu bagera kuri 300.

Byatangajwe na Cléophas Barajiginywa, Umunyarwanda bakorana ubwo bashyikirizwaga inyandiko zibegurira urwo ruganda bahawe n’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kuri uyu wa Kane tariki 8 Ugushyingo 2018.

Kwakira urwo ruganda byanajyanye no gutangira kurukoramo amasuku no kwandika abahoze barukoramo, kuko ari bo uruganda rwiyemeje kuzaheraho rutanga akazi, nk’uko bisobanurwa na Barajiginywa.

Yagize ati “Mu gihe kitarenze amezi atatu turaba dutangiye gukora, kandi tuzahera ku bahakoraga kuko ari bo bazi uko uruganda rw’ibibiriti rukora. Ubu turi kugura ibikoresho bisimbura ibyibwe nk’insinga zijyana amashanyarazi mu mashini, ndetse na za moteri zizikoresha.”

Abahoze bahakora muri urwo ruganda rw’ibibiriti bishimiye ko rugiye kongera gukora kandi rukazabaheraho mu gutanga akazi, kuko bigiye kubakura mu bushomeri.

Mediatrice Nyota utuye mu Matyazo yahoze akora muri Sorwal kuva muri 2001 kugera muri 2008, avuga ko yishimiye kuba ashobora kongera kubona akazi.

Ati ati “Baje baduha icyizere ko tugiye gukorana nabo, tugakorana neza, mbese bikadukura mu bushomeri.”

Kimwe n’abandi bahakoraga, urwo ruganda rwamusigayemo amafaranga atari make, kuko iyo abaze asanga rugomba kumwishyura ibihumbi 995Frw.

Nubwo agiye kuva mu bushomeri, yifuza ko Leta yabafasha bakishyurwa ayo mafaranga uruganda rutabishyuye kuko abenshi batabashije kujya mu nkiko ngo barukurikirane.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru