Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Ibiro bya Perezida Macron byashyize umucyo ku byavuzwe ko anywa Cocaine

Monday 12 May 2025
    Yasomwe na

Champs Elysee, ibi ni ibiro bya perezida w’ubufaransa Emmanuel Macron byahamije ko agatambaro kagaragaye ku meza imbere ya Macron atari cocaine ahubwo ari agatambaro ko kwihanagura kazwi nka Muchoir mu gifaransa.


Si Cocaine ni Muchoir- Champs Elysee.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yashimangiraga ko Perezida Macron, Friedrich Merz w’ubudage ndetse na minisitiri w’intebe wa Pologne Donald Tusk barimo basangira cocaine.


Abavugaga ko yari cocaine bashingira ku kuba bimaze iminsi bivugwa ko muri Ukraine icyo kiyobyabwenge kiri gukoreshwa cyane haba mu bategetsi cyangwa se mu basirikari bakuru bitewe no kubura ibitotsi kubera intsinzwi mu ntambara.


Ibiro bya Perezida Macron byavuze ko ibyatangajwe atari byo ahubwo agapapuro k’umweru kabonetse ku meza ya Macron yari Muchoir aho kuba Cocaine.


Abo bategetsi bose bari bavuye muri Ukraine bari muri gariyamoshi isanzwe ikoreshwa n’abategetsi bakunda gusura Ukraine kuva aho uburusiya butangiye kugaba ibitero muri Ukraine muri Gashyantare 2022.


Ubwo Emmanuel Macron yahuraga n’abandi bategetsi muri Gariyamoshi.

Aba bayobozi bari bagiye muri Ukraine mu kugerageza kunoza umushinga w’amahoro hagati ya Ukraine n’igihugu cy’uburusiya ndetse no guhagarika imirwano mu gihe cy’iminsi 30 nkuko byasabwe na Perezida Donald Trump.


Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru