Champs Elysee, ibi ni ibiro bya perezida w’ubufaransa Emmanuel Macron byahamije ko agatambaro kagaragaye ku meza imbere ya Macron atari cocaine ahubwo ari agatambaro ko kwihanagura kazwi nka Muchoir mu gifaransa.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yashimangiraga ko Perezida Macron, Friedrich Merz w’ubudage ndetse na minisitiri w’intebe wa Pologne Donald Tusk barimo basangira cocaine.
Abavugaga ko yari cocaine bashingira ku kuba bimaze iminsi bivugwa ko muri Ukraine icyo kiyobyabwenge kiri gukoreshwa cyane haba mu bategetsi cyangwa se mu basirikari bakuru bitewe no kubura ibitotsi kubera intsinzwi mu ntambara.
Ibiro bya Perezida Macron byavuze ko ibyatangajwe atari byo ahubwo agapapuro k’umweru kabonetse ku meza ya Macron yari Muchoir aho kuba Cocaine.
Abo bategetsi bose bari bavuye muri Ukraine bari muri gariyamoshi isanzwe ikoreshwa n’abategetsi bakunda gusura Ukraine kuva aho uburusiya butangiye kugaba ibitero muri Ukraine muri Gashyantare 2022.
Aba bayobozi bari bagiye muri Ukraine mu kugerageza kunoza umushinga w’amahoro hagati ya Ukraine n’igihugu cy’uburusiya ndetse no guhagarika imirwano mu gihe cy’iminsi 30 nkuko byasabwe na Perezida Donald Trump.




















