Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Nyuma yo kwitabira ibirori by’Umuhango wo kwimika Umutware w’Abakono, Rucyahana Mpuhwe Andrew wari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu abimburiye abayobozi banenzwe kwitabira uwo muhango kwegura.
Ni ibirori byabaye biberw ahabona muri imwe muri hoteli zikomeye zo mu karere ka Musanze, binagaragaramo bamwe mu bakomeye mu nzego zitandukanye mu gihugu barimo n’abo ku gisirikare RDF, na Visi-Perezida wa Sena, Hon. Nyirasafari Esperance.
Nyuma y’icyumweru habaye iryo yimikwa ry’Umutware w’Abakono mushya, Umuryango FPR Inkotanyi wasohoye Itangazo ridasanzwe, unenga abitabiriye n’abarebereye ibyo bintu biba, wibutsa ko bitajyanye n’inzira abanyarwanda biyemeje y’ubumwe.
Mu ibaruwa uyu mugabo yandikiye Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yavuze ko “kuba yaragaragaye muri uyu muhango wo kwimika Umutware w’Abakono abyicuza kandi akaba abifata nk’ikosa rikomeye kuko bisubiza inyuma intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda bamaze gutera”.
Rucyahana Mpuhwe yabwiye itangazamakuru ko nk’umuntu wari umuyobozi atatanze urugero rwiza kwitabira igikorwa kidahuza Abanyarwanda bose asanze atari byiza gukomeza kuyobora adatanze urugero rwiza.



















