Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Igice cya mbere cy’umushinga RDUP2, gisize hubatswe imihanda ireshya n’ibiromotero 43

Friday 15 March 2024
    Yasomwe na


Kuri uyu wa Kane ku itariki 14 Werurwe 2024, mu karere ka Rubavu, hasojwe icyiciro cyambere cy’umushinga wo guteza imbere imijyi, (RDUP2) uyu mushinga ukoreramo.

Uyu mushinga ukaba ukorera mu mujyi wa Kigali, ndetse no mu turere dutandatu tw’imijyi yunganira umujyi wa Kigali, aritwo Rubavu, Rusizi, Musanze, Muhanga, Nyagatare na Huye.

Mu bikorwa byakozwe muri RDUP2, harimo imihanda, ruhurura, amatara yo gucanira iyo mijyi, ndetse ngo bikiba byarahinduye isura yiyi mijyi, nkuko byemejwe na Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr. Gasore Jimmy.

Ati" Nkuko mwayibonye, abashoboye gute mbera muri iyo mijyi, duhereye na hano i Rubavu, n’ibikorwa byahinduye isura y’imijyi, twavuga Muhanga, twavuga Huye, aho wasangaga abaturage bakoresha imihanda y’igitaka, abajya ku ishuri, cyane cyane, no gucunga amazi y’imvura no kuyayobora, n’ibibazo bikunze kutwangiriza, bikadusenyera, bigatwara imirima, iyo hajeho rero tugakora ziriya ruhurura, ubonako, bihindura ubuzima, ndetse n’ imibereho myiza y’abaturage ".

Muri uyu mushinga kandi usize umuhanda uturuka mu murenge wa Rugerero, ugera mu murenge wa Rubavu, wuzuye, iyuzura ryawo byitezwe ko uzafasha kugabanya umubyigano w’ibinyabiziga bikoreshwa byinjira cyangwa biva mu mujyi wa Rubavu, bityo bikagabanya n’impanuka zabaga kubinyabiziga bikoreshwa muri kino cyerekezo.

Iyubakwa ryuyu mushinga ukaba waratwaye asaga miliyoni mirongo ine na zirindwi za madolari y’Amerika ( 47 0000 000 USD), mu mushinga usize hubatswe nibura ibirometero mirongo ine na bitatu ( 43 km).

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru