Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Igisirikare cya FARDC cyiyemeje guhorera Gen. Chilimwami

Saturday 25 January 2025
    Yasomwe na

Mu rukerera rwo kuwa Kane nibwo inkuru yabaye Kimomo ko Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, akaba n’Umuyobozi w’ingabo za DRCONGO muri icyo gice, Gen. Maj. Peter Chilimwami Nkuba yishwe arashwe arimo kwifotoza aho yari yagiye. gusura Ingabo zari zisumburijwe na M23 zimaze kwamburwa Minova.

Ni urupfu rwigambwe n’Ihuriro rya AFC/M23 rihanganye n’igisirikare cya DRCCongo FARDC.

Kuva inkuru yasakara usibye inyeshyamba zavuze urwo rupfu rwa Gen. Chilimwami nta tangazo rya Leta cyangwa urundi rwego muri Congo rwigeze ruvuga kuri iyo nkuru.

Urupfu rwa Gen. Chilimwami rwabanje kwigambwa na AFC/M23

Byageze kuri uyu wa Gatandatu, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo (FARDC) cyemeje bidasubirwaho urupfu rwa Général-Major Peter Chirumwami Nkuba, gishimangira ko kigomba kumuhorera.

Urupfu rwa Maj Gen Chirumwami rwemejwe nyuma y’inama y’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Congo yateranye ku mugoroba w’uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mutarama 2025.

Ni inama yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, yanzuye ko Ingabo za FARDC n’abandi bakorana na zo bagomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abambuye ubuzima Maj Gen Chirumwami babiryozwe.

Mu gahinda kenshi, akikijwe n’abasirikare bakuru, Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Général Major Sylvain EKENGE, yatangaje ko Maj Gen Chirumwami yaguye ku rugamba ku wa Kane.

Yavuze ko ubwo yaraswaga na M23, yahise yoherezwa kwa muganga ngo ahabwe ubuvuzi bukwiriye, ariko akitaba Imana azize ibikomere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru