Mu rukerera rwo kuwa Kane nibwo inkuru yabaye Kimomo ko Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, akaba n’Umuyobozi w’ingabo za DRCONGO muri icyo gice, Gen. Maj. Peter Chilimwami Nkuba yishwe arashwe arimo kwifotoza aho yari yagiye. gusura Ingabo zari zisumburijwe na M23 zimaze kwamburwa Minova.
Ni urupfu rwigambwe n’Ihuriro rya AFC/M23 rihanganye n’igisirikare cya DRCCongo FARDC.
Kuva inkuru yasakara usibye inyeshyamba zavuze urwo rupfu rwa Gen. Chilimwami nta tangazo rya Leta cyangwa urundi rwego muri Congo rwigeze ruvuga kuri iyo nkuru.
Urupfu rwa Gen. Chilimwami rwabanje kwigambwa na AFC/M23
Byageze kuri uyu wa Gatandatu, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo (FARDC) cyemeje bidasubirwaho urupfu rwa Général-Major Peter Chirumwami Nkuba, gishimangira ko kigomba kumuhorera.
Urupfu rwa Maj Gen Chirumwami rwemejwe nyuma y’inama y’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Congo yateranye ku mugoroba w’uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mutarama 2025.
Ni inama yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, yanzuye ko Ingabo za FARDC n’abandi bakorana na zo bagomba gukora ibishoboka byose kugira ngo abambuye ubuzima Maj Gen Chirumwami babiryozwe.
Mu gahinda kenshi, akikijwe n’abasirikare bakuru, Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Général Major Sylvain EKENGE, yatangaje ko Maj Gen Chirumwami yaguye ku rugamba ku wa Kane.
Yavuze ko ubwo yaraswaga na M23, yahise yoherezwa kwa muganga ngo ahabwe ubuvuzi bukwiriye, ariko akitaba Imana azize ibikomere.



















