Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Indege ya Tanzania yafatiriwe mu Buholandi

Friday 2 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Imwe mu ndege z’ikigo cya Tanzania gikora ingendo zo mu kirere yafatiriwe na Leta y’u Buholandi kubera ideni iki gihugu kibereyemo Ikigo cyo muri Suède cyayitsinze mu rubanza.

Amakuru dukesha Igihe, avuga ko iyi ndege yafatiwe ku kibuga cyo mu murwa mukuru, Amsterdam ku itegeko ryatanzwe n’Urukiko rwo mu Buholandi.

Ifatirwa ry’iyi ndege ryaturutse ku rubanza ikigo cyo muri Suède cyitwa ‘EcoEnergy Africa AB’ gifite umushinga w’uruganda rukora isukari mu gace ka Bagamoyo muri Tanzania cyatsinzemo Leta y’iki gihugu yari yacyambuye ibyangombwa by’ubutaka.

Nyuma yo gutsindwa urukiko rwategetse Leta ya Tanzania kwishyura miliyoni $165, gusa ntibyakorwa ari nabyo byavuyemo ifatirwa ry’iyi ndege.

Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta muri Tanzania, Dr Eliezer Feleshi yatangaje ko iki kigo babereyemo umwenda ari cyo cyasabye ko indege ifatirwa.

Yavuze ko kugeza ubu hatangiye ibiganiro kuri iki kibazo ndetse yizeza ko mu minsi mike kizaba cyakemutse.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru