Ingabo z’Ishyaka rya TPLF riyoboye Intara ya Tigray zateye Akarere ka Afar zihangana n’izaho zashyigikiye izo bamaze amezi agera ku munani bahanganye za Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed.
Ikinyamakuru Reuters cyanditse ko iyo mirwano yatangiye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ikaba yagejeje kuri uyu wa Mbere ikiba.
Umuvugizi wa Afar yavuze ko ingabo za Ethiopia zigiye kuza kubashyigikira bagasubiza inyuma iza TPLF.
Ati “Ubu [ingabo za Ethiopia] ziri mu nzira ziza kandi tuzakorana nazo [Ingabo za TPLF] tuzikure aha.”
Umuvugizi w’ingabo za TPLF, Getachew Reda, yemeje iby’ayo makuru ariko avuga ko batari kurwana ngo bigarurire ako gace.
Yagize ati “Ntabwo turajwe ishinga no kuba twakwigarurira agace na kamwe muri Afar. Icyo tugendereye ahanini ni guca intege ubushobozi umwanzi arwanisha.”
Reda yavuze ko ingabo za TPLF zamaze kwirukana abarwanyi bari baturutse mu Karere ka Oromiya bakaza kwifatanya n’ingabo za Afar.
Kuva Abiy Ahmed yakohereza ingabo muri Tigray mu Ugushyingo 2020 ngo zihirike ku butegetsi zinambure intwaro iz’ishyaka TPLF rihayobora, ababarirwa mu bihumbi bamaze kuhasiga ubuzima mu gihe abandi miliyoni ebyiri bavuye mu byabo.

















