Ku wa Mbere, tariki ya 14 Ukuboza 2020, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 27 Ugushyingo 2020.
2. Ishingiye ku buryo imibare y’ubwandu bwa COVID-19 ikomeje kwiyongera, Inama y’Abaminisitiri yafashe ikemezo cyo gusubika amakoraniro ahuza abantu benshi ku rwego rw’lgihugu, harimo n’Inama y’lgihugu y’Umushyikirano. Muri uyu mwaka, ku itariki ya 21 Ukuboza, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika azagirana ikiganiro n’abayobozi, abaturage n’abanyamakuru, ndetse ageze ku Banyarwanda uko Igihugu gihagaze (State of the Nation Address).
3. Inama y’Abaminisitiri yongeye gusuzuma ingamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’lcyorezo cya COVID-19, yemeza ko ingamba zikurikira zigomba guhita zishyirwa mu bikorwa guhera ku wa Kabiri tariki ya 15 Ukuboza 2020.
Izi ngamba zizongera kuvugururwa nyuma y’ibyumweru 3 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.
Ingamba zizubahirizwa mu Gihugu hose:
a) Kuva ku itariki ya I5 kugeza ku ya 21 Ukuboza 2020, ingendo zirabujijwe guhera saa tatu z’ijoro (9:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).
b) Kuva ku itariki ya 22 Ukuboza 2020 kugeza ku ya 04 Mutarama 2021, ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z’ijoro (8:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).
c) Amateraniro rusange harimo imihango y’ubukwe, ubusabane n’ibirori bitandukanye, byaba ibibera mu ngo cyangwa ahandi hose birabujijwe.
d) Umubare w’abitabira inama (meetings and conferences) ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira. Bose bagomba kubanza kwipimisha COVID-19 kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima.
e) Ibikorwa by’lnzego za Leta n’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze mirongo itatu ku ijana (30%) by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.
f) Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (public transport) zemerewe gutwara 50% by’umubare w’abantu zemerewe gutwara, kandi hakubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID- 19.
g) Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu, inshuro imwe mu cyumweru.
h) Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 50.
i) Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenga abantu 15 icyarimwe.
j) Imyitozo ngororamubiri ikorerwa mu nyubako z’imyidagaduro (Ums) no kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteri bemerewe gukora izo siporo zombi kuri hoteri bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.
k) Imikino ya Shampiyona y’lgihugu y’umupira w’amaguru hamwe n’imyitozo y’abakinnyi birahagaritswe. Icyakora, amakipe y’umupira w’amaguru ari mu marushanwa mpuzamahanga yo yemerewe gukomeza kuyitabira.
Ingamba zihariye zizubahirizwa mu Mujyi wa Musanze:
a. Ingendo zirabujijwe guhera saa moya z’ijoro (7:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).
b. Inama (meetings and conferences) birabujijwe mu gihe k’ibyumweru bitatu, uhereye ku itariki ya 15 Ukuboza 2020.
c. Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu, inshuro imwe mu cyumweru.
d. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 30.
Abaturage bose barongera kwibutswa ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo: gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano. Izindi ngamba zo kwirinda COVID-19 zisanzweho zizakomeza gukurikizwa.















