Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Iyo inkwano zitabonetse, nti bikwiriye kubuza ko ubukwe gutaha-Minisitiri Nyirasafari

Tuesday 27 November 2018
    Yasomwe na

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Nyirasafari Espérance yatangaje ko ubushobozi buke budakwiye kuba impamvu ibuza abantu gushyingirwa ngo ntibafite inkwano cyangwa amafaranga yo gukoresha ubukwe buhenze, ibi byose ngo kutabigira si igisebo ababyeyi bakwiye korohereza abana babo ku kijyanye n’ inkwano.

Ubu butumwa yabutangiye mu Karere ka Ngororero, ubwo yifatanyaga na ko mu imurikabikorwa kukwimakaza ihame ry’uburinganire. Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwasezeranyije imiryango isaga 140 yabaganaga bitemewe n’amategeko, nka kimwe mu bifasha kubahiriza ihame ry’uburinganire.

Minisitiri Nyirasafari yavuze ko mu bitera abantu benshi kubana batarasezeranye byemewe n’amategeko hashobora kuba harimo no kuba inkwano ihanitse mu gihe mu muco nyarwanda yari ikimenyetso cy’ubumwe hagati y’imiryango igiye gushyingiranwa.

Yagize ati: “ Inkwano ntikwiye kuba inzitizi yo gutuma abantu bataza imbere y’umwanditsi w’irangamimerere ngo bigaragaze amategeko abamenye. Nagira ngo mbabwire ko inkwano atari itegeko, mu mategeko y’u Rwanda iyo tuvuze gushyingiranwa nta na hamwe bigomba kubaho ari uko hatanzwe inkwano. Iyo itabonetse nta bwo bikwiriye kubuza ko ubukwe butaha.”

Minisitiri Nyirasafari yasabye abategura ubukwe burenze ubushobozi bwabo kubihagarika kuko bidakwiye. Nk’ uko Imvaho Nshya yabitangaje Nyirasafari yagaragaje ko ubushobozi buke budakwiye kuba imbogamizi mu ishyingirwa.

Yagize ati “Niba hari igihari mugisangire ariko niba nta gihari twe kumva ko ari igisebo, mu mategeko ntaho byanditse ndetse no mu muco ntaho biri ko niba udafite ibyo byose udashobora gushyingirwa”.

Abavuga ngo muzafata inguzanyo mukore ubukwe bikwiye guhagarara, urubyiruko rwikwishyira aho ubushobozi bwarwo butagera kandi n’imiryango n’abaturanyi tubibafashemo.

“Ababyeyi tugomba kubyumva gutyo ntitubangamire abashaka gushyingiranwa igihe bujuje ibisabwa n’amategeko, ntihakagire inzitizi y’ubushobozi ibaho.”

Ubushakashatsi bwakozwe n’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco mu 2017, bwagaragaje ko mu mitegurire y’ubukwe nyarwanda harimo ibibazo byinshi birimo gusesagura umutungo aho ababutegura batumira abantu batagira umubare, bisaba kubatangaho ibya mirenge mu kubagaburira, gukodesha no gutaka aho bubera, gukodesha amatorero asusurutsa ibirori byose bitwara akayabo.

Ahanini ngo ibi bishingiye ku rwiganwa aho umuntu yigereranya na runaka wakoze ubukwe buhenze nyamara batari ku rugero rumwe bigatuma hari abishora mu nguzanyo z’amabanki, biteza ubukene imiryango bidateye kabiri, bigakurura amakimbirane no gusenyuka kw’ingo.

By’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba hagaragajwe ibibazo by’umwihariko byo guhenda kw’inkwano n’ibisabwa umuryango w’umukobwa kugira ngo ubukwe butahe. Mu duce tumwe na tumwe tw’Intara y’Iburasirazuba nka Nyagatare inkwano irahanitse ku buryo atari buri musore wabasha kuyigondera.

src:umuryango

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru