Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

KICUKIRO: IMODOKA ITWARA ABANYESHURI YAFASHWE N’INKONGI Y’UMURIRO

Monday 4 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo

Imodoka isanzwe itwara abanyeshuri ifashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Werurwe 2019, igeze hafi ya Hotel Nobleza muri Kicukiro irashya irakongoka, shoferi ararusimbuka.

Inkuru dukesha ukwezi.rw iravuga ko iyo modoka yo mu bwoko bwa bus ku bw’amahirwe ifashwe n’inkongi nta munyeshuri n’umwe itwaye kuko yari igiye kubafata ngo ibageze ku mashuri.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, yabwiye Ukwezi ko iyo mpanuka yatewe n’insinga z’iyo modoka zakoranyeho bigateza inkongi.

Yagize ati "Ni imodoka isanzwe itwara abanyeshuri. Ifashwe n’inkongi y’umuriro muri iki gitondo ijya gufata abanyeshuri ngo ibageze ku ishuri. Umushoferi yavuze ko yatewe n’amasinga yakoranyeho maze ateza iyo nkongi. "

Yavuze ko umushoferi yarokowe n’uko yabonye umwotsi uzamuka akavamo agiye kureba agasanga imodoka yamaze gufatwa

Iyi modoka yafashwe n’inkongi yari igiye gutwara abanyeshuri

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru