Itangazo rivuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe ryatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda ni iry’impunduka zikomeye zabaye muri za Minisiteri zinyuranye. Minisitiri w’Ingabo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Umuyobozi mukuru wa Police ni bamwe mu basimbuwe mu buryo butari bwitezwe cyane.
Prof Shyaka Anastase wari umuyobozi w’Urwego Rw’igihugu rushinzwe imiyoborere yasimbuye Hon Francis Kaboneka wari umaze imyaka ibiri ari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, uyu yari yaje aturutse mu Nteko Ishinga amategeko aho yari Umudepite.
General Major Albert Murasira wari umuyobozi mukuru wa Banki ya CSS-Zigama yagizwe Minisitiri w’Ingabo asimbura General James Kabarebe wari umaze imyaka irenga 10 ari kuri uyu mwanya.
Dr Richard Sezibera wari umusenateri niwe wasimbuye Mme Louise Mushikiwabo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.
Mme Nyirasafari Esperance wari Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango yasimbuye Julienne Uwacu kuri Minisiteri y’umuco na Siporo.
Julienne Uwacu yari aherutse gusaba imbabazi ku kibazo cy’ibura ry’indirimbo zubahiriza ibihugu kuri Stade ku mukino mpuzamahanga wahuje u Rwanda na Guinea. Julienne Uwacu nta mwanya yahawe.
Mme Solina Nyirahabimana wigeze kuba Minisitiri mu biro bya Perezida wa Republika niwe wahise asimbura Nyirasafari Esperance.
Mme Hakizumuremyi Soraya yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n‘Inganda asimbura Vincent Munyeshyaka wari ugiye kumara umwaka muri uyu mwanya.
Mme Ingabire Paula yagizwe Minisitiri w’ikoranabuhanga na inovasiyo asimbura Jean de Dieu Rurangirwa nawe wari ugiye kumara umwaka muri iyi Minisiteri yongeweho Inovasiyo.
Mme Germaine Kamayirese wari umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu muri MININFRA ubu yagizwe Minisitiri wa Minisiteri nshya ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi.

















