Saturday . 20 September 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 20 September » Musanze: Abakuru b’Imidugudu baracyagorwa no kutagira ibikoresho bibafasha kunoza inshingano – read more
  • 19 September » Gatsibo: Barataka gukoresha amazi y’ibiziba – read more
  • 19 September » Rubavu: Umuco wo gutabarana wagiye nka Nyomberi – read more
  • 19 September » RDB: Amabwiriza y’ubucuruzi mu gihe cy’irushanwa ryo gusiganwa ku magare ku Isi – read more
  • 19 September » Ba Ofisiye 17 baturuka mu bihugu bitandatu bongerewe ubumenyi mu gutabara aho rukomeye – read more

Kajugujugu ya UPDF yakoze impanuka ihitana abasirikari ba FARDC

Wednesday 28 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Indege ya kajugjugu yo mu bwoko bwa MI-17 y’Igisirikare cya Uganda (UPDF) yakoze impanuka igwira abasirkare ba Congo (FARDC) n’aba Uganda (UPDF) gusa ntiharamenyekana umubare w’abayiguyemo.

Iyi mpanuka yabaye ku munsi w’ejo mu gace ka Rwenzori, ku mupaka wa Uganda yerekeza muri Congo.

Hari nyuma y’iminota mike ihagurutse iva Uganda yerekeza muri Congo, ijyanye ibyo kurya ibishyiriye abasirikare bari muri Operation Shujaa, yo kurwanya umutwe wa ADF.

Iyi ndege kandi ikoze impanuka nyuma y’icyumweru kimwe gusa indi yo mu bwoko bwa MI-24 iyikoze. Iyi ya mbere yayikoreye mu gace ka Port-fort cyakora yo ntamuntu numwe wayiguyemo cyangwa ngo ayikomerekeremo.

Perezida Museveni wa Uganda, we yategetse ko hakorwa iperereza mu rwego rwo kumenya impamvu nyamukuru indege za UPDF zikomeje kugirira impanuka mu kirere.

Aya maperereza agomba kuyoborwa na Maj Gen Charles Okidi, usanzwe ari umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira mu kirere nk’uko Bwiza dukesha iyi nkuru ibitangaza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru