Bamwe mu baturage bo mu karere ka Karongi, mu murenge wa Rubengera, mu kagari ka Buhazi, bari bafite ubutaka ahubatswe akiraro cyo mu kirere barasaba kwishyurwa amafaranga yabo, dore ko ngo bamaze igihe bategereje barahebye.
Umwe muri bano baturage witwa Nyiramajyambere Josephine utuye mu murenge wa Rubengera mu kagari ka Bubazi, mu mudugudu wa Makurungwe na bagenzi be bafite kino kibazo, barasaba kwishyurwa imyaka yabo yangijwe n’ikiraro cyo mu kirere.
Abo baturage bavuga ko kutishyurirwa ku gihe, byabagizeho ingaruka zitandukanye zirimo kubura akazi, ndetse no kugorwa no kubura ibyo kurya kuko aho bari barahinze imyaka yaranduwe.
Undi muturage nawe witwa Nyiramihinda Goreth nawe agaragaza ingaruka zo kuba kitaracyemuka yagize.
Yagize ati: “Nawe reba uko hangana, baraje barayirandura bagiye kucyubaka. Inzara itumereye nabi kandi dufite n’abanyeshuri biga no gutanga ubwishingizi mu kwivuza (mituweli). Batubwira ko amafaranga ahari ariko twajya kuri banki bakatubwira ko atarahagera, njye bari bambariye miliyoni, mu dukorere ubuvugizi.”
Akomeza agira ati: “Baduhe amafaranga twigurire indi myaka cyangwa dushake n’ibindi dukora biduteza imbere, kuko kuva muri Mata uyu mwaka batubwira ko bazayaduha barinda bataha tutayabonye".
Aho ikiraro cyanyuze hejuru habariwe agaciro k’imitungo kuko ntakindi nyirubutaka yemerewe kuhakorera ariko benshi ntibishyuwe
Kuri iki kibazo, Anastase Safari umuyobozi wa One Stop Center, ishami rishinzwe ibikorwa remezo mu karere ka Karongi, yavuze ko bari gukora uko bashoboye ngo abaturage bose bafite iki kibazo aha bishyurwe. Cyakora agaragaza ko abatarishyurwa byagiye bitinzwa nuko nta byangombwa by’ubutaka bafite bityo bakabanza bakabishaka.
Ati: “Mu baranduriwe imyaka abatarishyurwa ni abataruzuza ibisabwa badafite ibyangombwa, ku buryo bisaba ko babanza kubibona kuko abishyurwa ni abafite ibyangombwa by’ubutaka".
Icyo kiraro cy’abanyamuguru gihuza abaturage bo mu Mudugudu wa Makurungwe n’uwa Kabuga mu Kagari ka Bubazi mu Murenge wa Rubengera muri kano karere ka Karongi.
Yanditswe na Eulade Mahirwe


















