Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Karongi: Bari gutanguranwa n’abajura ku myaka bahinze

Monday 29 April 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu karere ka Karongi bavuga ko babangamiwe n’ubujura bw’imyaka bukorerwa mu mirima y’abo, aho bamwe bahisemo kujya bayisarura iteze bayitanguranwa n’abajura.

Aba baturage bo mu mirenge ya Rubengera, Bwishyura na Mubuga bavuga ko babangamiwe naba bajura, biba imyaka ihinze mu mirima aho byabateye kujya bayisarura itarera kugira ngo bayitanguranwe n’abajura.

Umuturage wo mu murenge wa Bwishyura yagize ati "Abajura baraturembeje, ku buryo tugeze ubwo dusarura imyaka itarera ngo tuyitanguranwe naba bajura, ibi biratubangamiye kandi igihugu gifite umutekano, ariko uw’imyaka twarawubuze.."

Ubu bujura bukomeje gufata indi ntera muri aka karere, ibitoki akaba ari kimwe mu myaka yibwa muri buno bujura, aho biba igitoki, hanyuma bagasiga umutumba n’amakoma.

Gashanana Saiba, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura aherutse gutangaza ko ibibazo by’ubujura muri uyu murenge byiganjemo abana batarageza ku myaka 18 y’ubukure bubahangayikishije.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru