Bamwe mu baturage bo mu karere ka Karongi bavuga ko babangamiwe n’ubujura bw’imyaka bukorerwa mu mirima y’abo, aho bamwe bahisemo kujya bayisarura iteze bayitanguranwa n’abajura.
Aba baturage bo mu mirenge ya Rubengera, Bwishyura na Mubuga bavuga ko babangamiwe naba bajura, biba imyaka ihinze mu mirima aho byabateye kujya bayisarura itarera kugira ngo bayitanguranwe n’abajura.
Umuturage wo mu murenge wa Bwishyura yagize ati "Abajura baraturembeje, ku buryo tugeze ubwo dusarura imyaka itarera ngo tuyitanguranwe naba bajura, ibi biratubangamiye kandi igihugu gifite umutekano, ariko uw’imyaka twarawubuze.."
Ubu bujura bukomeje gufata indi ntera muri aka karere, ibitoki akaba ari kimwe mu myaka yibwa muri buno bujura, aho biba igitoki, hanyuma bagasiga umutumba n’amakoma.
Gashanana Saiba, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura aherutse gutangaza ko ibibazo by’ubujura muri uyu murenge byiganjemo abana batarageza ku myaka 18 y’ubukure bubahangayikishije.


















