Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Gitega, Akagali ka Gacyamo, yafashe abajura ruharwa batatu bibaga abaturage babateze bakabatera ibyuma dore bafatanywe ibyuma bakoreshaga.
Abafashwe ni:
1. Sebanani Emmanuel (yafatanywe icyuma)
2. Musabyeyezu Dieu Donner Alias Myabugogo uyu akaba yari umujura ruharwa
3. Nsanzumuhire Daniel akaba yafatiwe mu gipangu cy’umuturage yagiye kumwiba yafatanywe icyuma.
Aba si ubujura gusa bakoraga kuko harimo ni ibikorwa by’ubugizi bwa nabi kuko umuntu ujya kwiba yitwaje ibyuma aba ari umwicanyi.
Turashishikariza abaturage kwirinda kwishora mu bikorwa by’ubujura n’ubugizi bwa nabi kuko uretse kubifatirwamo bagahanwa ntakindi byabagezaho.
Polisi y’u Rwanda ntabwo izihanganira umuntu wese uhungabanya umutekano n’ituze by’abaturarwanda.
Tuributsa abaturage gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano batangira amakuru ku gihe.





















