Inkuru dukesha bbc ivuga ko Perezida wa Korea ya ruguru Kim Jong un yatangaje ko yahagaritse igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi ndetse akanahagarika aho zageragerezwaga mu Majyaruguru y’iki gihugu.
Ibi bije mu gihe uyu Kim Jong un yitegura kugirana ibiganiro na Korea y’Epfo ndetse na Amerika byitezwe ko bazaganira ku kibazo cy’umutekano ndetse no gutsura umubano hagati y’ibi bihugu.
Perezida wa Amerika akimara kumva iyi nkuru yahise ashimira korea ya ruguru kuri iki cyemezo ifashe kuko bizagirira akamaro isi yose ndetse n’ibiganiro bitegura kugirana bikaba byitezweho ko bishobora kubyara umusaruro.
Ati, “Korea ya Ruguru yemeye guhagarika gukomeza kugerageza intwaro za kirimbuzi ndetse n’aho zageragerezwaga, aya ni amakuru meza kuri Korea ya ruguru no ku Isi, kandi biragaragara ko ibiganiro tuzagirana bizatanga umusaruro”
Igihugu cya Korea ya ruguru gifashe umwanzuro wo guhagarika iri gerageza ry’ibisasu bya kirimbuzi nyuma yo kugerageza ibigera kuri bitandatu byatumye n’Umuryango w’Abibumbye ugifatira ibihano harimo ibishingiye ku bucuruzi n’ibindi bihugu.
Kuva mu mwaka w’2000, nta Perezida wa America urahura na Perezida wa Korea ya Ruguru, gusa kuri iyi nshuro byitezwe ko Kim wa Korea ya ruguru azahura na Trump wa Amerika mu minsi ya vuba.


















