Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Korea ya ruguru yahagaritse igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi

Monday 23 April 2018
    Yasomwe na

Inkuru dukesha bbc ivuga ko Perezida wa Korea ya ruguru Kim Jong un yatangaje ko yahagaritse igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi ndetse akanahagarika aho zageragerezwaga mu Majyaruguru y’iki gihugu.

Ibi bije mu gihe uyu Kim Jong un yitegura kugirana ibiganiro na Korea y’Epfo ndetse na Amerika byitezwe ko bazaganira ku kibazo cy’umutekano ndetse no gutsura umubano hagati y’ibi bihugu.

Perezida wa Amerika akimara kumva iyi nkuru yahise ashimira korea ya ruguru kuri iki cyemezo ifashe kuko bizagirira akamaro isi yose ndetse n’ibiganiro bitegura kugirana bikaba byitezweho ko bishobora kubyara umusaruro.

Ati, “Korea ya Ruguru yemeye guhagarika gukomeza kugerageza intwaro za kirimbuzi ndetse n’aho zageragerezwaga, aya ni amakuru meza kuri Korea ya ruguru no ku Isi, kandi biragaragara ko ibiganiro tuzagirana bizatanga umusaruro”

Igihugu cya Korea ya ruguru gifashe umwanzuro wo guhagarika iri gerageza ry’ibisasu bya kirimbuzi nyuma yo kugerageza ibigera kuri bitandatu byatumye n’Umuryango w’Abibumbye ugifatira ibihano harimo ibishingiye ku bucuruzi n’ibindi bihugu.

Kuva mu mwaka w’2000, nta Perezida wa America urahura na Perezida wa Korea ya Ruguru, gusa kuri iyi nshuro byitezwe ko Kim wa Korea ya ruguru azahura na Trump wa Amerika mu minsi ya vuba.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru