Leta y’u Rwanda yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kuregera Ubwongereza mu rukiko mpuzamahanga rw’ubukemurampaka ruherereye mu Buholandi, nyuma y’uko icyo gihugu cyanze kongera gutanga indi miliyoni 100 z’amapawundi yari ateganyijwe mu masezerano y’impande zombi ajyanye no kwakira abimukira.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu ijoro ryo ku wa kabiri, u Rwanda rwasobanuye ko muri Nyakanga 2024, Minisitiri w’intebe mushya w’Ubwongereza yatangaje ko ayo masezerano yasheshejwe burundu, avuga ko yapfuye burundu, mu gihe leta y’u Rwanda itari yabimenyeshejwe, ibintu u Rwanda ruvuga ko bitajyanye n’uko ayo masezerano yakorwagamo.
Ku wa kabiri, umuvugizi wa Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje ko leta yabo izaharanira kurinda inyungu z’abasora. Yagize kandi ati "ayo masezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yari ikosa rikomeye, kandi ryatakajweho amafaranga menshi, aho amapawundi miliyoni 700 yakoreshejwe harimo ayo kohereza abantu bane gusa."
Muri ayo mafaranga yose, u Rwanda ruvuga ko rwatanzweho miliyoni 290 z’amapawundi, arenga miliyari 570 z’amafaranga y’u Rwanda.
U Rwanda ruvuga ko Ubwongereza bwasabye ko u Rwanda rwakwiyemeza kutishyurwa ubwishyu bubiri bwa buri miliyoni 50 z’amapawundi bwari buteganyijwe muri Mata 2025 na Mata 2026.
Leta y’u Rwanda ivuga ko yari yiteguye kwemera ibyo bisabwa iyo amasezerano aza guseswa mu buryo bunoze kandi habayeho ibiganiro byo kunonosora ingingo nshya zijyanye n’uburyo byakorwa.
Icyakora, kubera ko ibyo bitagezweho, u Rwanda ruvuga ko ayo mafaranga agomba kwishyurwa hakurikijwe amasezerano yari yarumvikanyweho, bityo ruhitamo kugana urukiko.
Ku ruhande rw’Ubwongereza, nta tangazo riragira icyo rivuga ku byatangajwe n’u Rwanda.
Kugeza ubu, urukiko rw’ubukemurampaka rwa PCA rwo mu Buholandi ntiruratangaza igihe impande zombi zizatangira kuburana.
Chadadi Habimana




















