Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

M23 yahakanye ko itazava mu birindiro byayo nk’abenegihugu

Thursday 7 July 2022
    Yasomwe na

Ynditswe na Nimugire Fidelia

Umuvugizi w’Umutwe wa M23 , Maj. Willy Ngoma yatangaje ko batiteguye gukurikiza ibyanzuriwe i Luanda muri Angola n’abakuru b’igihugu by’u Rwanda na Congo mu myanzuro yabo, ivuga ko umutwe wa M23 ugomba gushyira intwaro hasi ndetse ukava mu birindiro wihaye ku butaka bwa Congo.

M23 yahise ivuga ko ntahandi bajya hatuma bava mu birindiro barimo kuko nabo ari abenegihugu bakwiye kumvwa icyo bashaka kandi basezeranyijwe.

Ibiro bya perezida wa Congo byavuze ko u Rwanda na Congo bemeranyije guhusha ubushyamirane no kubyutsa umubano wa dipolomasi hagati y’ibihugu byombi, byanavuze ko ibyo bizagenda bigerwaho gahoro gahoro binyuze mu kanama gahuriweho n’impande zombi, indi nama iteganijwe ku wa 12 Nyakanga 2022 i Luanda muri Angola nk’ibisanzwe.

Nk’uko ibi biro byabitangaje kuri Twitter, bavuzeko hateganywa imirwano igomba guhita ihagarara hagati ya FARDC na M23 ndetse M23 bagahita bava mu birindiro byabo ntakindi basabye.

Ariko umuvugizi wa M23 Major Willy Ngoma yabwiye BBC Gahuzamiryango ko ikibazo cy’uyu mutwe ari ikibazo cya politiki kireba Abanye-Congo ubwabo, kidakwiye kuganirwaho hagati y’u Rwanda na Congo.

Kuva mu kwezi kwa gatandatu, umutwe wa M23 wigaruriye ibice bimwe byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru birimo n’umujyi wa Bunagaga uri ku mupaka na Uganda.

Leta ya Congo ishinja leta y’u Rwanda guha ubufasha umutwe wa M23, Leta y’u Rwanda na yo igashinja FARDC gukorana n’umutwe wa FDLR urimo bamwe mu bo u Rwanda rushinja gusiga bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Major Ngoma yagize ati: “Turahava [mu birindiro] kugira ngo tujye hehe? Kugira ngo dusubire mu buhungiro? Twebwe turi Abanye-Congo, muragira ngo tubeho nta gihugu tugira?”

Yavuze ko ibi biganiro by’i Luanda nta cyo bizageraho ati: “Twebwe turwanira impamvu nziza kandi y’ukuri”.

Uyu mutwe uvuga ko urwanira Abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, uvuga ko bahejwe na leta ya Congo.

Mu cyumweru gishize, UN yavuze ko uyu mutwe urimo urimo kwitwa nk’igisirikare gisanganywe ibikoresho bihambaye.

Kuva na mbere hose, Perezida w’u Rwanda yakomeje kugira inama mugenzi we wa Congo, Felix Tshisekedi kugerageza gukemura ikibazo cya M23 ahora amwitirira gushyigikira, akamwibutsa ko abo ari ebenegihugu be kandi afite ibyo yabasezeranyije azakora nk’uko biri mu masezerano ya Nairobi M23 ikimwibutsa kugeza ubu.

twakwibutsa ko ayo masezerano yo mu 2013 yagenaga ko ingabo za M23 zizashyirwa mu gisirikare cya Leta,ndetse abarimo bakuze bakazashyirwa mu buzima busanzwe. Ibi ubutegetsi bwa Congo bwabyemeye ari nko kwikiza kuko bwagezeho bugaragaza ko izo ngabo za M23 zirimo Abanyarwanda kuko biyitirira ko baharanira uburenganzira bw’Abakongomani bo mu Burasirazuba bwa Congo bavuga ikinyarwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru