Itsinda ry’abagore mu Mudugudu wa Nete, Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye bavuga ko mu myaka mike ishize bari bafite abana bagaragaraho imirire mibi, ariko ko ubu iki kibazo cyarangiye bakaba bageze ku rwego rwo kuzigama no kugurizanya.
Abagize iri tsinda imibereho yabo yagiye ihinduka nyuma yo kuryinjiramo.Abagize iri tsinda imibereho yabo yagiye ihinduka nyuma yo kuryinjiramo.
Kuri uyu wa mbere, ubwo abakozi b’Umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta “CATHOLIC RELIEF SERVICE (CRS)” n’abitabiriye mu nama mpuzamahanga ivuga ku matsinda yo kuzigama no kugurizanya izabera i Kigali basuraga iri tsinda ry’ababyeyi bahoze bafite ikibazo cyo kurwaza bwaki, abanyamuryango baryo bavuze ko kujya mu itsinda byahinduye imibereho y’ingo zabo.
Perezida w’iri tsinda Uwajeneza Yvonne ati “Twahereye ku mafaranga 100 na 500, ubu dufite amatungo magufi n’imirima kandi tubasha kwishyura ubwisungane mu kwivuza n’amafaranga y’abanyeshuri.”
Umukozi ushinzwe ibikorwa byo guteza imbere amatsinda yo kwizigama muri CRS, Munyaneza Alphonse yabwiye Umuseke ko bari baje kwereka abaje muri iriya nama mpuzamahanga y’i Kigali ivuga ku matsinda yo kuzigama no kugurizanya aho u Rwanda muri iyi gahunda.
Ati “Aba turi kumwe bifuje kureba imikorere y’amatsinda mu Rwanda n’uko inzego za Leta ziyitaho mbere y’uko inama itangira.”
Umukozi ushinzwe ibikorwa byo guteza imbere amatsinda yo kwizigama muri CRS Munyaneza Alphonse.Umukozi ushinzwe ibikorwa byo guteza imbere amatsinda yo kwizigama muri CRS Munyaneza Alphonse.
Nyiratunga Iphigenie umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Karere avuga ko muri buri mudugudu hari itsinda kandi ko ayo bamaze gusura basanze akora neza kuko akorana n’abafashamyumvire.
Mu karere ka Muhanga honyine habarurwa amatsinda 331 kuva umuryango ‘”CATHOLIC RELIEF SERVICE’ watangira kuhakorera.
Ambasade y’Ubuholandi, UNICEF na CRS bakaba baragiye bakurikirana imikoreshereze y’inkunga izi Koperative zihabwa binyuze muri CARITAS Diyosezi ya Kabgayi n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.



















