Hari abaturage batuye mu karere ka Musanze by’umwihariko abakoresha umuhanda mushya wa kaburimbo Kalisimbi-Rushubi binubira kuba hari ibikorwaremezo bikorwa bitaramara iminsi bikangirika.
Ibi babishingira kukuba uyu muhanda warajemo ibinogo, none kuri ubu bakaba bawushyize hasi bagiye kuwubaka bundi bushya.
Mu kiganiro na Mamaurwagasabo basabye ko ibikorwa remezo byajya byitabwaho bigakorwa mu buryo burambye cyane ko biba byatwaye amafaranga menshi.
Maniraguha Epimaque yagize ati:”Iyi mihanda ikimara gukorwa hashyize nk’ukwezi yatangiye kuzamo ibinogo iramenagurika kandi twumva bavuga ko kaburimbo zihenda baraza bakayisondeka kubera ko bayikora batayitayeho.”
Undi muturage yagize ati”Baradusondetse iyi kaburimbo itaramara umwaka ikaba yaramenaguritse cyokoze twabonye bazanye imashini zirikongera kuwuhinga ariko biragayitse abatanga amasoko bakwiye kujya bayaha abakozi bashoboye bakora ibintu biramba kuko aya mafaranga yapfuye ubusa.”
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yavuze ko impamvu ugiye kongera kubakwa hari ibitarakozwe neza bagiye gukosora.
Ati”Byabaye ngombwa ko bongera gukora aho batakoze neza niyo mpamvu barimo kuwusenya’’.
Uyu muhanda Kalisimbi– Rushubi abaturage bawemerewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ubwo yiyamazaga mu 2017, ukaba ufite ibilometero 18, abaturage bishimira ko kuva watangira gukoreshwa babibonyemo inyungu ku bijyanye n’amafaranga y’urugendo, ndetse n’imitungo yabo ngo yongerewe agaciro uhereye ku butaka bwabo, aho ikibanza cyavuye ku bihumbi 800 kikaba kigeze kuri miliyoni 6.






















