Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Imihanda mishya yatangiye kwangirika itamaze kabiri

Monday 26 August 2024
    Yasomwe na


Abaturage bo mu karere ka Musanze barasaba ko rigori z’imihanda mishya ya kaburimbo zasanwa kuko yatangiye kwangirika zitaramara kabiri.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw ubwo yageraga mu mujyi wa Musanze aho bamweretse izo rigori hirya no hino zatangiye kwangirika ntizisanwe bikaba biri kototera umuhanda.

Umwe muri aba baturage witwa Nshutiyase Jean Paul yagize ati: "Izi rigori zirabangamye cyane, nk’abanyamaguru dushobora kugenda tukavunikiramo ugasanga ni ibibazo bikomeye, iyi mihanda nta gihe kirekire iramara; icyo dusaba nuko ubuyobozi bwayitaho igasanwa, ahantu hose hagiye hangirika kandi bakajya bita ku bikorwa remezo kuko biba byaratwaye amafaranga menshi."

Undi muturage witwa Niyonizeye Thierry yagize ati: "Icyo mbona cyo barabisondetse, babikoze basa n’abikiza, mu bigaragara birasa n’ibishaje kandi bitaramara kabiri. Urabona hano mu kizungu, abayobozi bahanyura buri munsi ahubwo ntabwo babyitaho, ariko si hano gusa kuko iyo ugeze no mu ibereshyi usanga rigori zaragiye zangirika cyane. Bakwiye kuzivugurura imvura n’imihanda itaratangira kugwa kuko bizateza ikibazo, amazi azajya yisuka mu muhanda bityo usange ari ikibazo."

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Bwana Nsengimana Claudien yavuze ko iki kibazo bakibonye, bakizi, gusa ngo basabye rwiyemezamirimo kongera kunyura muri iyi mihanda asana ahagiye hangirika.

Mu butumwa bugufi yandikiye Umunyamakuru wa Mamaurwagasabo kuri telephone ngendanwa, yagize ati: "Ahangiritse hamaze kuba identified (kubarurwa), dossier yaremejwe muri Komite Nyobozi. Hari gutegurwa service order (ibigomba gukorwa), rwiyemezamirimo kugira ngo abikore."

Ubutumwa bwa Meya ntibugaragaza umubare cyangwa ingano y’ahamaze kwangirika hakeneye kuzasubirwamo, gusa unyuze mu mihanda mishya usanga hari aho yangiritse itamaze kabiri.

Akarere ka Musanze ni kamwe mu turere dutanu tugize intara y’Amajyaruguru, usanga ari umujyi ukomeje gutera imbere umunsi ku munsi, ku bijyanye n’ibikorwa remezo birimo inyubako z’imiturirwa ndetse n’imihanda myinshi ya kaburimbo ikomeje kubakwa mu mujyi no mu nkengero zawo.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru