Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze-Shingiro: Batewe ipfunywe n’ubwiherero bw’umurenge butajyanye n’igihe

Tuesday 18 July 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Abagana ibiro by’umurenge wa Shingiro mu karere ka Musanze, baravuga ko batewe ipfunwe n’ubwiherero bwo ku biro by’umurenge butajyanye n’igihe bigaragara ko bwashaje bukaba butaravuguruwe.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge Shingiro, basaba ko ubu bwiherero bwavugururwa , bakubaka ubundi buzima busobanutse bubahesha ishema nk’abaturage b’umurenge wa Shingiro kandi bari mu gihugu cyiza.

Uwitwa Mukeshimana yagize ati: "Buriya bwiherero buduteye ipfunywe kuko bajya badushishikariza kuba ahantu heza, yewe nk’abaturage tukagira ubwiherero bwiza mu gihe umurenge wa Shingiro utagira ubwiherero buzima, erega bushobora no gutera indwara kandi biragayitse, bakwiye kubaka imisarane myiza rwose."

Bakomeza bavuga ko kuba umuyobozi abwinjiramo bumeze kuriya nawe ubwe bwagakwiye kumutera ipfunywe ku buryo bazakora iyo bwabaga bakabusana kugira ngo rya terambere ritangirire ku murenge.

Undi muturage watubwiye ko atavuga amazina ye kuri mikoro yagize ati: "Njye ndabona baragize uburangare kuko buriya bwiherero bumaze igihe kirekire bumeze kuriya niyo habaye inama hano ku murenge nibwo bakoresha, mbese ntacyo bibabwiye. Ubu se Igihugu cyacu kiri gutera imbere murabona ubu bwiherero (W.C) bukigezweho, uziko biteye isoni kubujyamo, reba hariya bihagarika ni nko hanze."

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shingiro Bwana Hanyurwabake Theoneste yavuze ko iki kibazo bakigejeje ku buyobozi bw’Akarere ka Musanze bukizi ndetse ngo mu minsi mike kizakemuka cyane ko ngo hakozwe n’ingengovy’imari yo kubaka ubwiherero bwiza.

Gitifu Hanyurwabake yagize ati: "Nibyo koko ikibazo cy’ubwiherero kirahari kandi natwe turakibona ndetse n’ubuyobozi budukuriye burakizi hakozwe na budget izagenda kuri ubu bwiherero, rero icyo navuga ni uko ikibazo kizwi kandi kirimo gukurikiranwa kandi tukaba dutanga igihe gito ko ikibazo kijyanye n’ubwiherero kizaba cyakemutse."

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba abaturage kutitwaza ko umurenge wa Shingiro udafite ubwiherero ahubwo bo bakagira isuku mu rugo iwabo, mu rwego rwo kurwanya indwara zitandukanye.

Umurenge wa Shingiro ni umwe mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze, ukaba uherereye mu gace k’amakoro gahana imbibi n’ishyamba rya Pariki y’Ibirunga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru