Ni abaturage bagana service zo kwa muganga mu bitaro bya Nyagatare bavuga ko guhabwa imbangukira gutabara zibageza kwa muganga mu gihe barembye bibasaba rimwe na rimwe kwitegera.
MUKAMUGISHA Marie Solnge yagize ati ‘’Twari twararwaye ngo mugitondo ntabwo ambilance ziboneka nkibaza rero aho izo ambilance zitaboneka ku cyumweru muri weekend ni iza bwoko ki? turazikenera bakatubwira…. Cyane muri weekend cyane dukunda kuzikenera bakatubwira ngo nta ambilance zihaba.’’
Abakenera izi service bavuga ko byaba byiza hongewemo amavugurura bakajya birinda kubura kwa hato na hato kw’izi modoka.
MUKAMUGISHA yakomeje agira ati ‘’ turasaba ababishinzwe ko bakongera ambulance kandi bakadusabira ubutabazi mu gihe babona umuntu ari kwa muganga transfer kandi iyo wahawe transfe akenshi ntabwo uhabwa ubufasha vuba nk’uko wazanwa n’ambulance bajye badufasha umuntu urembye bajye bamuzana na ambulance’’.
Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare DR. NDAYAMBAJE Eddy avuga ko hari imbangukira gutabara zihari zashizwe ku rwego rw’ibigondera buzima ngo hakemurwe icyo kibazo.
‘’N’ubu ngubu turimo kureba ahandi naho twaha ambulance kugira ngo abarwayi bajye bagera hano kare numva ko mu bijyanye n’ambulance hari aho tumaze kuva hari naho tugeze kuko hafi ibigo cumin a bibiri dufite ibigo byose umunani bifite izo ambulance ubwo ubu ntabwo kugira ngo abarwayi batagitegeraza imodoka iva hano iyja kuzana abarwayi mu bigondera buzima, vuba aha hari ikindi kigonderabuzima turimo gutekereza kugira ngo vuba aha abaturage bajye bivuza’’.
Mu nama y’umushinirano umwaka ushize hanzuwe ko hongerwa umubare w’amavuriro aho hazongerwa umubare w’abakora muri urwo rwego hamwe n’ibikorwa remezo n’ibikoresho mu rwego rwo kunoza service zitangwa muri iki gisata cy’ingenzi mu buzima bw’abanyarwanda.
Fisto HAKIZIMANA





















