Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero by’umwihariko abakoresha ikiraro gihuza Imirenge ya kageyo na Ngororero baravuga ko iki kiraro kiri mu marembera bitewe nuko kiri hafi kuzatwarwa n’amazi.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa kageyo ndetse na Ngororero aho bifuza ko ubuyobozi bwagisana hakiri kare ngo kuko nikiramuka kigiye ubuhahirane buzahagarara.
Munyaneza Patrick ni umwe mu baturage twaganiye yagize ati: "Iki kiraro mu mpande zacyo cyatangiye kugenda sima yavuyemo, inkingi zose zagiye zivaho, ubu nikiramuka gicitse burundu ubuhahirane bwahagarara, icyo dusaba abayobozi nuko bagitabara hakiri kare kuko amazi ntabwo anyura munsi aca ku ruhande."
Undi muturage witwa Mushimire Marceline yagize ati: "Hari imodoko yiroshyemo hariya mu minsi yashyize, nukudutabara bakagikora hakiri kare urabona ko mu maboko yacyo cyagiye gisenyuka, kandi abantu benshi baragikoresha, abakora rugendo bajya kwa Rwabugiri ni hano bakoresha Ambulance zigiye ku bitaro niho zikoresha ntibatagikora kare ibibazo bizavuka."
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe yabwiye mamaurwagasabo.rw ko iki kiraro bakizi ndetse ngo mu minsi yashyize na RTDA yaragisuye igisigaye nukubona ubushobozi kikubakwa neza.
Ati: "Kiriya kiraro kiri muri gahunda yo kubakwa, kizubakwa na RTDA, kukubwira ngo kizubakwa iki gihe, ubushobozi nibuboneka kizubakwa kimwe n’ibindi bifite ibibazo nka biriya ndetse na RTDA yaragisuye gusa ibinyabiziga biracyahatambuka."
Iki kiraro kinyuramo umugezi wa Satinsyi ndetse gikoreshwa cyane n’imodoka zivuye gupakira amakara muri Rutsiro n’undi musaruro.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















