Umusaza witwa Karekezi Burigo ufite imyaka 71, utuye mu mudugu wa Musumba, mu kagari ka Kanyove mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, avuga ko amaze imyaka itatu (3), asiragira ku ngurane y’imitungo ye yangijwe n’ibikorwa bya Rwanda Energy Group (REG) none yarahebye.
Mu kiganiro n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, Karekezi yavuze ko imitungo ye irimo inzu n’ubutaka byakoreshejwe mu bikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi muri kano karere, ariko ngo ntabwo yari yishyurwa ahubwo yakomeje gusiragizwa.
Ati: "Bambariye mafaranga yo hejuru, ubuso bw’ubutaka nibwo batari bongera kubara, ntabwo nkibukoresha (ubutaka), kuko bwabaye ubwabo, imyaka itatu irashize".
Akomeza agira ati: "Hari ubwo nabahamagaye, baransubije bati ’reka noneho tukurebere ifishi yawe, turagusubiza’; nategereje ko bansubiza biranga, nongeye kubahamagara ntibanyitaba".
Nubwo uyu muturage avuga ko kino kibazo yakigeje ku buyobozi kugeza no kuri Mayor wa Nyabihu, Umunyamabanga Nshingwabimirwa w’Umurenge wa Mukamira muri kano karere Bizimana Placide we yavuze ko ikibazo cy’uyu Musaza atakizi.
Yavuze ko akwiye kwegera ubuyobozi ngo bumenye uko giteye bunagikurikirane.
Yagize ati: "Ntabwo nkizi, birasaba ngo tugikurikirane, cyangwa mukamugira inama akegera ubuyobozi, tukamufasha, abo bacishamo imiyoboro, bari kubabarira".
Uyu musaza Karekezi avuga ko ubutaka bwe bwanyujijwemo amapoto y’amashanyarazi, ndetse n’inzu yari iri kubakwa ngo agiye kuyijyamo, barayisenya.
Yanditswe na Eulade Mahirwe



















