Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bakoresha umuhanda Mukamira-Kinyengagi by’umwihariko abahinzi n’aborozi, baravuga ko bakigorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko bitewe nuko umuhanda udakoze neza.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yaganiraga na bo, bavuga ko bakomeje kuba mu bwigunge bwo kutagira umuhanda ukoze neza ubafasha kugeza umusaruro ku isoko bakifuza ko leta yawukora ukaba nyabagendwa.
Umwe muri aba baturage witwa Habimana Jean D’amour utuye mu mudugudu wa Rwanamiza, umurenge wa Jenda yagize ati: " Hano hava umusaruro uhagije w’ibirayi ariko umuhanda wacu ntabwo ukoze neza, murabona ko n’ibiraro byangiritse, duhora tubisaba abayobozi bakatubwira ko bazabikora ariko bigakomeza kudindira, turifuza ko badukorera uyu muhanda."
Avuga ko basaruye ariko bakabura uho banyuza umusaruro ujya ku isoko
Undi muturage witwa Husieli yagize ati: "Uyu muhanda utubereye ikibazo rwose, imigenderane no guhahirana ni ikibazo, umusaruro kuwugeza ku muhanda biba bihenze cyane; iterambere ryacu ryasubiye inyuma bitewe no kutagira umuhanda ukoze neza, ubu hano nta moto yahanyura, murabona ko ari ibibuye bishinyitse. Tumaze imyaka myinshi dusaba ariko ntagikorwa."
Aba baturage bakomeza bavuga ko no kugeza abarwayi kwa muganga bibabera imbogamizi ngo kubera ko nta Ambulance yahagera ije gutwara umurwayi. Baracyifashisha ingombyi za kinyarwanda umurwayi akabaaha kugera ku bitaro yanegekaye yewe ngo hari n’ababyarira mu nzira kuko bakoresha hafi amasaha atatu bagiye ku bitaro bya Kareba n’amaguru.
Uyu muhanda na za ambulance zirawutinya
Kuri iki kibazo Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Madamu Mukandayisenga Antoinette yavuze ko ntagihindutse uyu muhanda uzatangira gukorwa mu kwezi kwa Mutarama 2024, ariko mu gihe bitarakorwa abaturage bagomba kuba bishakira ibisubizo bakajya bikorera ahangiritse cyane.
Yagize ati: "Ku kibazo cy’umuhanda wa Mukamira-Kinyengagi nkuko twabibwiye abaturage uri muri gahunda yo gukorwa ku buryo nta gihindutse ngo hazemo imbogamizi mu kwezi kwa Mutarama 2024 waba watangiye gukorwa, ariko n’abaturage bagiye batunganya ahantu hari ibinogo mu gihe utarakorwa byafasha ndetse nawe uruhare rwe yaba arugaragaje."
Muri aka karere ka Nyabihu abaturage baho bakunze gukora ubuhinzi bw’ibirayi ndetse n’ubworozi gusa usanga bakomeza kugaragaza imbogamizi yo kutagira ibikorwaremezo bibafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Ibiraro biri muri uyu muhanda byarangiritse





















