Ni mu mujyi wa Nyagatare ahategerwa abagenzi aho twasanze umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’ubwangavu bivugwa ko yataye umwana we w’umwaka n’igice akaba yari yerekeje Kayonza.
Mu kumubaza icyabimuteye uyu mwana yahamije ko ari ababyeyi be bamushutse ngo ate umwana we.
Yagize ati ‘’ ni umugabo wa mama wa mbwiye ngo ninge kumuta, ambwiraga ko batarera umwana wange ngo ntibamurera bataramubyaye ndetse mbasabye na tike barambwira ngo yaba imfuye ubusa, nge ndasaba umwana wange bakanampa tike nkajyana umwana wange’’
Umubyeyi w’uyu mwana yadutangarije ko uyu mwana yabananiye ndetse ko yataye umwana ngo ajye gushaka undi mugabo kandi bagacyeka ko uwo musore kuko ariwe bahamagaranaga.
Mama w’uyu mwana witwa MUJAWAYEZU Donatille Avuga ko uyu mwana yabananiye kuko ngo yari ataye umwana we ngo ashake undi mugabo yagize ‘’ Umva reka mbabwire uyu mwana niba ashobora kujya iyo za Nyagatare akirirwa akora uburaya ubwo uwo mwana wavuga ko uzamubariza he, ni ukuri niba ari ugushaka kutwegekaho urusyo ubu arimo kubeshya ngo umugabo wange kandi ni uwo musore urimo aramushuka ngo bazabane ubwo ni ndakeka ni nawe bafatanyije bajya guta umwana none arimo aramuhishira abishira ku mugoba wange’’.
Byaje kumenyekana ko uyu mwana watawe yaje kugaragara mu buyobozi gusa ntibyadukundiye ko tubabona. Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yaragiye Kayonza nyina akaba ariwe wamugaruriye munzira ubwo yinjiraga mu modoka.
Fisto Hakizimana



















