Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

PEREZIDA MUSEVENI WA UGANDA YEMEREWE KWIYAMAMAZA NA NYUMA Y’IMYAKA 75 Y’AMAVUKO

Friday 19 April 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo
Urukiko rw’ikirenga rwa Uganda rwashyigikiye icyemezo cy’urukiko rw’itegekonshinga cyo gukuraho ikigero cy’imyaka 75 y’amavuko nk’imyaka ntarengwa umuntu aba atacyemerewe kwiyamamariza kuba perezida.

Bivuze ko Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ufite imyaka 74 y’amavuko, ashobora kongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe kuba mu mwaka wa 2021.
Ku munsi w’ejo ku wa kane, abacamanza bane batoye bashyigikira umwanzuro wari wafashwe n’urukiko rw’itegekonshinga ujyanye no guhindura itegekonshinga, mu gihe batatu batoye banga uwo mwanzuro.

Mu mwaka wa 2005, manda ebyiri ntarengwa kuri perezida zakuweho, byo kwemerera Bwana Museveni kongera kwiyamamaza. Nuko atsindira manda ya gatanu mu matora yo mu mwaka wa 2016.

Abanenga Bwana Museveni wageze ku butegetsi mu mwaka wa 1986, bavuga ko iki cyemezo cy’urukiko rw’ikirenga kimufunguriye urubuga rwo kuba yaba perezida ubuzima bwe bwose.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru