Thursday . 25 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 15 June » Abapolisi bo muri Pakistan bibeshye barasa ku muryango w’Abanya-Australia, umwana ahasiga ubuzima – read more
  • 15 June » Ibisasu by’Uburusiya byishe abantu 9 ndetse bitwika Katedarali y’amateka iri i Kyiv – read more
  • 15 June » RMA: Bruce Melody yegukanye igihembo, The Same bataha amaramasa – read more
  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more

Pasiteri yariwe n’intare nyuma yo kwirarira ku bayoboke be ko afite imbaraga zo kuyiturisha

Sunday 14 July 2019
    Yasomwe na

Pasiteri akaba n’umuhanuzi witwa Alec Ndiwane ukuriye itorero rya Zion Christian Church yahuye n’uruva gusenya ubwo yajyaga muri pariki agakinisha intare zarimo zirya umuhigo birangira imwe imurumye ikibuno.

Uyu mupasiteri yabwiye abayoboke be ko Imana yamuhaye ubushobozi bwo guturisha intare niko kuzisanga muri pariki yitwa Kruger National Park iherereye muri Afurika y’Epfo atangira kuzikinisha imwe imwirukaho imukubita hasi,itangira kumuruma ikibuno atabarwa n’abarinzi b’iyi pariki.

Mbere yo gusura iyi pariki pasiteri Ndiwane yabwiye abayoboke be ko Imana ihambaye ndetse ishobora kurinda umuntu amenyo y’intare niko kujya kubibereka birangira bimugendekeye nabi.

Uyu mupasiteri yegereye izi ntare aho zari ziri kurya intare zari zimaze kwica atangira kuvuga mu zindi ndimi no kuzegera azikanga,nibwo imwe yamwirutseho arahagarara gato arasenga,ikomeza kumwegera yasaze cyane ubwoba buramutaha afumyamo ariruka.

Iyi ntare yakomeje kumwirukaho birangira imutuye hasi,imuruma ukuboko n’ikibuno gusa kubw’amahirwe abarinzi ba Pariki bamugeraho itaramwica.

Abashinzwe kurinda iyi pariki batangaje ko batari bazi ko uyu mupasiteri ashaka gukora igikorwa cy’ubwiyahuzi ariyo mpamvu bamutabaye bakererewe.

By Imfurayabo Pierre Romeo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru