Perezida wa Afoganistani, Mohammad Ashraf Ghani Ahmadzai, yahunze igihugu nyuma yo kubona ko ingabo z’Umutwe w’Abatalibani zimusumbirije zishaka gufata ubutegetsi zikigarurira igihugu.
Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP dukesha iyi nkuru byanditse ko amakuru y’ihunga ry’Umukuru w’Igihugu Ashraf Ghani yatangajwe n’uwahoze ari Vice Perezida Abdullah Abdullah kuri iki cyumweru tariki ya 15 Kanama 2021.
Perezida Ashraf Ghani akuyemo ake karenge nyuma yo kubona ko ingabo z’Abatalibani zageze mu Murwa Mukuru Kabul zambariye guhigika ubutegetsi bwe.
Uyu Vice Perezida M. Abdullah ni nawe uyobora inama Nkuru ishinzwe ubumwe n’ubwiyunge muri Afoganistani.
Abatalibani bongeye kuzamura umutwe nyuma yuko Amerika ikuye ingabo zayo muri Afoganistani ku busabe bw’igihe kirekire bw’Abatalibani n’Afoganistani ku ngingo yo kuzana umwuka mwiza no guhosha intambara.
Ibumoso ni Perezida Ashraf Ghani, iburyo ni Vice Perezida M.Abdullah Abdullah
Ku butegetsi bwa Trump ni bwo icyo gukorwa cyatanguye gushyirwa mu masezerano, ingabo za Amerika zivayo, iza nyuma zihashingura ibitenge ku butegetsi bwa Perezida Joe Biden uriho.
Gusa byabaye nk’agakino umutalibani yashakaga gukina America none akaba amaze kwigarurira ibice hafi ya byose by’igihugu n’ibikorwaremezo bikomeye bituma Perezida Ashraf Ghani nawe abona ko afite gahunda yo kumukura ku butegetsi no kuba yabusigaho agatwe akuramo ake karenge.



















