Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Perezida Biden yibukije Abatalibani ikosa rimwe ryatuma ingabo z’Amerika zisubira muri Afoganisitani

Tuesday 17 August 2021
    Yasomwe na

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Joe Biden yanenze Abanyafoganisitani batibutse ko ahazaza h’igihugu cyabo hari mu biganza byabo, bakibwira ko ingabo z’Amerika zizahora ku marembo yabo.

Yabitangaje mu ijambo yagejeje ku banyamerika avuga ku gikorwa cyo gucyura abanyamerika bari muri Afoganisitani muri ibi bihe ingabo z’Abatalibani zongeye kwisubiza ubutegetsi kuva aho ingabo z’Amerika zivaniye akarenge muri icyo gihugu.

Perezida Biden yavuze ko kuvana ingabo z’Amerika muri Afoganisitani ari igihe cyari kigeze kandi ku mpamvu zumvikana, ariko ngo batunguwe nuko igihugu cyahise gifatwa mu kanya nk’ako guhumbya.

Yagize ati “Twagiye muri Afoganisitani mu myaka 20 ishize ku ntego zumvikana; gufata abo batugabyeho ibitero muri Nzeri tariki ya 11 mu 2001 no kumenya ko Al Quaeda itazongera gukoresha Afoganisitani nk’ibirindiro byo kwataka Amerika.”

Yakomeje agira ati “Twarabikoze, mu binyacumi bishize. Gahunda yacu ntiyari iyo kubaka igihugu.”

Perezida biden yaboneyeho guha gasopo Abatalibani ko mu gihe bagerageza kubangamira igikorwa cyo kuvana abantu babo muri icyo gihugu byaba imbarutso yo gusubizayo ingabo cyangwa guhangana nabo mu buryo bweruye.

Kugeza ubu ingabo z’Amerika ni zo ziri gucunga umutekano w’ikibuga k’indege cyo murwa Mukuru w’Afoganisitani, Kabul.

Akavuyo ko kubona iva ku kibuga k’indege cya Kabul katumye abarenga batani bamaze kuhasiga ubuzima mu gihe abandi bahakomerekeye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru