Perezida Kagame Paul yakiriye ikipe y’u Rwanda ya Basketball , Patriots BBC, yahagarariye igihugu muri Shampiyona Nyafurika ya Basketball (BAL).
Ibiganro byabereye mu biro by’Umukuru w’Igihugu, muri Village Urugwiro.
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba Patriots ko iyo ugiye mu marushanwa gutsinda no gutsindwa biba bishoboka.
yakomeje agira ati "Gutsinda no gutsinda ni ibigize ubuzima. Iyo utsinzwe ntupfusha ubusa icyo gihombo, kuko icyo gihombi kikugeza isomo ryo kwiga. Niiba hari ikintu kikugeza ku byiza, icyo ni cyo nstinzi."
Ikipe y’Igihugu ya Basketball Patriots yavuyemo ihatanira kujya muri kimwe cya kabiri aho yahatanaga na US Monastir yo muri Tunisia yahise ijya guhatanira igikombe gusa nayo igitwarwa na Zamalek SC bituma Patriots iza ku mwanya wa kane mu makipe 12 yaryitabiriye i Kigali ku nshuro ya mbere.
Nkuko byagiye bigaragara mu gutangiza iyi shampiyona no mu mikino yegera gusoza, Perezida Kagame Paul yagiye yitabira cyane kureba imikino ndetse ubwo u Rwanda rwatsindiraga kujya muri kimwe cya kane umukuru w’igihugu yari kumwe na mugenzi we w’Ubufaransa Emmanuel Macron ubwo aheruka mu Rwanda.























