Thursday . 16 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi biyita ntibindeba bakwiye kujya babihanirwa

Thursday 5 February 2026
    Yasomwe na

Ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.

Aha yatunze agatoki abo mu nzego zibanze naza Minisiteri aho yatanze urugero ko hari igihe basiga abaturage babakeneyeho Serivisi bakigendera ndetse ashimangira ko bakwiye kujya babihanirwa bakabibabazwa.

Ati “Rimwe na rimwe bamwe bagira amahirwe ntibamenyekane”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.


Inama ya 20 y’umushyikirano iteraniye muri Kigali Convention Center.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko bikwiye kuba bikorwa haba mu nzego z’ibanze ndetse no muri za minisiteri, umuyobozi utahaye abaturage ibyo abagomba, akabihanirwa.

Perezida Kagame kandi yongeye gushimangira ko iyi nama ifite icyo imariye Igihugu ndetse ibaye kenshi ndetse buri uko ibaye ibyaganiriwemo, ibyemezo byafashwe bigenda bigira uburyo bifasha Igihugu gutera intambwe ndende iganisha ku bindi bikorwa by’iterambere.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru