Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi biyita ntibindeba bakwiye kujya babihanirwa

Thursday 5 February 2026
    Yasomwe na

Ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.

Aha yatunze agatoki abo mu nzego zibanze naza Minisiteri aho yatanze urugero ko hari igihe basiga abaturage babakeneyeho Serivisi bakigendera ndetse ashimangira ko bakwiye kujya babihanirwa bakabibabazwa.

Ati “Rimwe na rimwe bamwe bagira amahirwe ntibamenyekane”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.


Inama ya 20 y’umushyikirano iteraniye muri Kigali Convention Center.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko bikwiye kuba bikorwa haba mu nzego z’ibanze ndetse no muri za minisiteri, umuyobozi utahaye abaturage ibyo abagomba, akabihanirwa.

Perezida Kagame kandi yongeye gushimangira ko iyi nama ifite icyo imariye Igihugu ndetse ibaye kenshi ndetse buri uko ibaye ibyaganiriwemo, ibyemezo byafashwe bigenda bigira uburyo bifasha Igihugu gutera intambwe ndende iganisha ku bindi bikorwa by’iterambere.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru