Ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.
Aha yatunze agatoki abo mu nzego zibanze naza Minisiteri aho yatanze urugero ko hari igihe basiga abaturage babakeneyeho Serivisi bakigendera ndetse ashimangira ko bakwiye kujya babihanirwa bakabibabazwa.
Ati “Rimwe na rimwe bamwe bagira amahirwe ntibamenyekane”
Perezida Kagame yavuze ko abayobozi batuzuza inshingano zabo, bakwiye kuba babihanirwa.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko bikwiye kuba bikorwa haba mu nzego z’ibanze ndetse no muri za minisiteri, umuyobozi utahaye abaturage ibyo abagomba, akabihanirwa.
Perezida Kagame kandi yongeye gushimangira ko iyi nama ifite icyo imariye Igihugu ndetse ibaye kenshi ndetse buri uko ibaye ibyaganiriwemo, ibyemezo byafashwe bigenda bigira uburyo bifasha Igihugu gutera intambwe ndende iganisha ku bindi bikorwa by’iterambere.
Jean Claude Ndayambaje



















