Perezida wa Repubulika yirukanye uwari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Itangazo ryashyizwe hanze na Minisitiri w’Intebe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nyakanga 2024, rivuga ku iyirukanwa rya Mujawamariya wabaye Minisitiri w’Ibidukikije mbere yo kugirwa uw’Umurimo.
ikigairo kirambuye: https://youtu.be/ALxTi0bT-uA?si=PzB5Z3B88kxb4Gvg
Amakuru ava mu nzego z’ubugenzacyaha avuga ko ibyo akurikiranyweho bifitanye isano n’ibyo yakoze ubwo yari muri Minisiteri y’Ibidukikije, umwanya yamazeho imyaka itari mike.
Hagiye gushira imyaka ibiri, ubwo tariki ya 09/12/2022 ikinyamakuru Mamaurwagasabo tubagejejeho ikigairo cy’urusobe rw’ibyaberaga mu kigo cy’amashayamba, Rwanda forest authority, byari bifitanye isano n’imitangire y’amasoko ndetse amwe muri yo nubu atarahabwa abayatsindiye, ibibazo mu gushyira abakozi ba Leta mu myanya muri icyo kigo n’ibindi byakururukaga bikagera ku wari minisitiri ariwe Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, biciye ku wari Umunyamabanga uhoraho muri iyo minisiteri (PS).
Mbere yo gusohoka kw’iri tangazo ryirukana Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, hari haciye iminsi mike hacicikana amakuru ko uwo PS n’abandi bayoboraga muri icyo kigo cy’amashyamba hamwe n’abandi bari bafite aho bahurira n’amasoko ataratanzwe batawe muri yombi na RIB, mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo hagenzurwe ibigize ibyaha.
Mu gihe cyose Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yaba afite aho ahuriye n’abo batawe muri yombi barimo na PS ntibyatinda kumvikana nawe yatawe muri yombi na RIB nyuma yo kumukuraho ububasha.




















