Perezida wa DRCongo Felix Anthoine Tshisekedi Chilombo yasuye Perezida wa Angola, Joao Lorenzo baganira ku buryo umutekano uhagaze mu Burasirazuba bwa Congo.
Ni uruzinduko Tshisekedi yagiriye muri Angola kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Gashyantare 2025. Ibiro bya Perezida wa Angola byanditse ko bamaranye amasaha atari make mu biro bye biri Luanda.
Uru ruzinduko ruje nyuma yaho Umutwe wa M23 uhanganye na Leta ya Congo umaze gufata umujyi wa Bukavu, ukanirukana ingabo za Leta FARDC zikaba zigeze mu bice bya Minova, mu gihe no ku mupaka wa Kamanyola hasigaye hagenzurwa na Wazalendo ingabo za Leta zawutaye.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola, Tete Anto’nio yabwiye itangazamakuru ko umuhuro w’abo bakuru b’ibihugu bombi wari ufite intego yo gusuzuma ingamba zafashwe nyuma y’inama y’Amahoro n’umutekano yabereye i Addis Abeba muri Ethiopia ku cyicaro cy’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, nkuko Actualite.cd ibitangaza.
Perezida Lorenzo asanzwe ari umuhuza mu kibazo cya Congo nlk’uko yashyizweho na afurika yunze ubumwe none ubu akaba yaranahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika yunze ubumwe nka Perezida wari ugezweho kugeza umwaka utaha 2026, ingingo ishobora gutuma n’inshingano zo guhuza u Rwanda na Congo aziharira abandi bakuru b’ibihugu.
Benshi barashyira mu majwi Perezida wa Congo Brazaville ko ari we ushobora guhabwa izo nshingano zo kuba umuhuza ku kibazo cya DRC n’u Rwanda, cyane ko nawe aherutse kubibwira ikinyamakuru France 24 ko azihawe atabyanga kandi yazikora neza nk’umuntu ufite ubucuti bwihariye kuri buri umwe muri abo bakuru b’ibihubu byombi.
Yanditswe na Samuel Mutungirehe





















