Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Polisi yo muri Indonesia yifashishije inzoka mu gutera ubwoba umugabo wo mu ntara ya Papua

Monday 11 February 2019
    Yasomwe na

Polisi yo muri Indonesia yasabye imbabazi nyuma yaho ku mbuga za interineti hagaragaye amashusho agaragaza polisi y’iki gihugu ikoresha inzoka mu gutera ubwoba ucyekwaho ubujura.

Abapolisi bagaragara muri iyi videwo baseka ubwo umwe muri bo wahataga ibibazo ucyekwaho ubujura yakozaga inzoka ku mugabo utabaza kandi waboheshejwe amapingu wo mu ntara ya Papua mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Uyu ucyekwaho ubujura bicyekwa ko yibye telefone zigendanwa.
Tonny Ananda Swadaya, umukuru wa polisi muri ako karere, yavuze ko nta bunyamwuga polisi yagaragaje mu kwifashisha iyo nzoka, ariko ashyigikira ubwo buryo avuga ko iyo nzoka idateye ubwoba kandi ko nta bumara ifite.

Amakuru avuga ko yasohoye itangazo avuga ko bafatiye "ibihano bikomeye" abapolisi bagaragara muri iyo videwo. Yongeyeho ko abo bapolisi batigeze bakubita uwo mugabo.

Yavuze ko ibyo bakoze babikoze ku giti cyabo bagamije ko ucyekwaho icyaha acyemera.

Veronica Koman, umwunganizi mu mategeko mu manza z’uburenganzira bwa muntu, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter iyo videwo igaragaza ibyabaye, avuga ko vuba aha polisi iherutse gufungana n’inzoka impirimbanyi iharanira ubwigenge bwa Papua, ikabashyira mu cyumba kimwe.

Amakuru avuga ko ijwi ryumvikana muri iyo videwo ritera ubwoba uwo mugabo ucyekwaho icyaha ko iyo nzoka ishobora gushyirwa mu kanwa ke cyangwa mu ipantalo ye.

Amakuru y’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu, ni ikintu gisanzwe muri Papua, aho abaharanira kwigenga bamaze igihe bashaka kwigenga kuri Indonesia.

Aka gace gakungahaye ku mutungo kamere gahana imbibi na Papua New Guinea, kakaba karabaye igice kimwe mu bigize Indonesia mu mwaka wa 1969.

Mu kwezi kwa cumi na kabiri k’umwaka ushize wa 2018, Guverineri Lukas Enembe w’intara ya Papua yasabye igisirikare kuva muri iyi leta nyuma y’ibikorwa byo kwibasira inyeshyamba zirwanira ubwigenge.

Abo basirikare bashakishaga abagize umutwe wa gisirikare w’ishyaka Free Papua Movement, bishe abubatsi bamwe mu ntangiriro y’uko kwezi kwa cumi na kabiri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru