Mutungirehe samuel
Abacuruzi bo mu Mujyi wa Rubavu bafite imyaka y’amavuko kuva kuri 50 bari guhabwa urukingo rwa Corona virusi mu rwego rwo kubarinda ibyago byo kwandura cyangwa kuzagazwa n’iki cyorezo kirimo no kwihinduranya ku isi no mu rwanda.
Izi nkingo ziri guhabwa abacuruzi cyane n’abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu bantu batandukanye harimo ku kigo nderabuzima cya Gisenyi no kuri sitade Umuganda.
Radio Rwanda yatangaje ko ku kigo nderabuzima cya Kigufi cyo mu murenge wa Nyamyumba hari gutangirwa inkingo hari umubare munini w’abaje gufata urukingo cyane ko muri uwo murenge hagiye haboneka abarwaye covid-19 cyane.
muri uwo murenge wa Nyamyumba, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga hagaragaye abantu 182 barwariye mu ngo, ubu bakaba bageze 101 bakirwariye mu ngo gusa nabo bari guhabwa urukingo.
Muri iyi minsi mu Rwanda biri kugaragara ko hari kwiyongera umubare w’abandura n’abahitanwa na Coronavirusi, aho mu ku mugoroba wa tariki ya 12 Nyakanga 2021 handuye abantu 772 mu bipimo 6677 byafashwe mu masaha 24, hapfa abantu 22 kandi kikibasira abari mu myaka yigiye hejuru.


















