Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Karongi: Abahinzi b’imboga n’imbuto baracyagorwa no kubona umurama

Tuesday 27 August 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu bakora ubuhinzi bw’imboga mu karere ka Karongi, bavuga ko bakigorwa no kubona umurama wazo, bakaboneraho gusaba ubuyobozi ko bwabafasha bakazibonera hafi kandi ku gihe.

Aba bahinzi babigarutseho ubwo hatangizwaga imurikabikorwa ry’ibikorerwa ry’akarere ka Ruhavu ryari riri kubera mu murenge wa Bwishyura, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024.

Rugeruza Obed, akorera ubuhinzi bw’imboga nk’uwabigize umwuga mu murenge wa Rubengera, nubwo bwamuteje imbere avuga ko bakigorwa no kubona umurama w’imboga agasaba ko ubuyobozi bwabafasha bakajya bawubonera hafi.

Ati:"Duhinga kinyamwuga, bikera ku buryo bufatika, tugakirigita ifaranga ntiduheranwe n’agahinda k’ubukene, aho twabashije kwiteza imbere, gusa turacyagorwa no kubona umurama wa kokombure, kuko tumaze amezi atandatu tutabowubona ndetse nuw’inyanya wihanganira ibyonnyi ntibawutuzanira uko bikwiriye."

Avuga ko ahinga ku buso bwa are 2 agasaruramo toni zirega 3,5, ngo ibyo bahinga uretse kubaha amafaranga, binabafasha mu kurwanya igwingira n’imirire mibi kuko bahinga banasagurira isoko.

Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Mukase Valentine, avuga ko aba bahinzi bagiye kubafasha kubona imirama ku buryo bworoshye.

Ati:"Turaza gufatanya na RAB na Minisiteri y’ubuhinzi ku buryo igihe bakeneye imirama bajya bayibona byihuse."

Akarere ka Karongi gaherutse gushyirwa mu mijyi yunganira umujyi wa Kigali ku rwego rwa kabiri, gahabwa umwihariko wo kuba akarere k’ubukerarugendo.

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru