Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ku itariki 07 Ukwakira 2024, Polisi y’u Rwanda yarashe abaturage bari mu bikorwa by’ubucoraracora, hanyuma umwana umwe wigaga mu wa kabiri w’Amashuri y’Isumbuye ahasiga ubuzima.
Intandaro y’iri hangana ryabaye ngo ubwo abazwi nk’abacoracora bageragezaga kwinjiza mu Rwanda magendu y’imyenda bari bavanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibi byabereye mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu. Urupfu rwuyu mwana rwarakaje abaturage, bafata amabuye batera kuri Polisi nayo mu kwirwanaho ibarasaho, ndeste bamwe barakomereka ngo aho batandatu (6), bajyanywe kuvuzwa
Twagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba ntiyatwitaba, n’ubutumwa twamwoherereje ngo aduhe ibisobanuro muri ibi ntuyabushubije.
Nyuma yubu bushyamirane Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent B Sano ari kumwe na Meya w’akarere ka Rubavu, Murindwa Prosper, bahise bakorana inama n’abaturage. Basabye abaturage kwirinda guhangana n’inzego zishinzwe umutekano.


















