Yanditswe na Alfred Ntakirutimana
Mu minsi ishize mu kagari ka karenge mu murenge wa Rwimbogo,haherutse kugaragra umurambo w’umupolisi wishwe ateraguwe ibyuma mu iperereza ry’ibanze ubugenza cyaha bwatangaje ko bwafashe abantu 3 bakekwaho kugira uruhare murupfu rwe.
Kuri uyu wagatanu tariki ya 19/5/2023 abaturage bari bahamagawe ku biro by’uyu murenge wa Rwimbogo mu nteko y’abaturage batangarizwa ko RIB iribuze kubereka aba bakekwaho kwica “PC Sibomana Simeon”
Abari baje mu nama baziko bari bwerekwe abakekwa kwica uyu mupolisi batashye bimyiza imoso,‘Twebwe turababaye kuba batamuzanye ngo tumubone,nibura ngo binabere abakiri bato urugero “UMURERWA THERESE umwe mubarage bo mu murenge wa Rwimbogo wari waje muri iyi nama.
Uru rupfu rwakangaranyije benshi muri aka gace dore ko hari nabafite impungenge zo kongera kugenda nijoro uyu yagize ati”aha muri akagace hari ubujura ndetse n’urugomo rwahato nahato,mperutse kwibwa ingurube ndatabaza mbura n’umwe wantabara yewe n’ubuyobozi nti bugutabara,kuba rero bishe uyu mupolisi biduteye impungenge kuko ubasha kwica umupolisi twe nk’abaturage urumva yaturebera izuba?”
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi Dr Kibiriga Anicet yabwiye aba baturage ko impamvu batabazanye ngo berekwe abaturage aruko hakiri byinshi bikiri gukorwaho iperereza yagize ati:”mwihangane impamvu tutazanye mwarimu n’abandi bakekwa kwica uriya mu polisi uko hari ibikiri mu iperereza “.
Amakuru dukesha ikinyamakuru umuseke avuga ko uyu mwarimu avuga ko abakekwa harimo umwarimu nkuko iki kinyamakuru cyari cyabitangarijwe n’urwego rw’ubugenzacyaha.
Kuri uyu wa Kane, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yabwiye UMUSEKE ko ku bufatanye hagati ya Polisi y’Igihugu na RIB hafashwe Nkejuwimye Desire, Iradukunda Pacifique na Ndayisaba Joyeux, bakekwaho kwica PC Sibomana Simeon, Umupolisi wakoreraga kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusizi.
Aha muri uyu murenge n’ubundi iri joro haraye hatoraguwe undi Murambo w’umugabo wakoraga akazi ko kurara izamu mu kigo cya “TSS NTENYI”.




















