Bamwe mu bahinzi b’ikawa bo mu mudugu wa Bunnyari, mu kagari ka Murambi, mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro barinubira ibiciro bihindagurika bya kawa, bakavuga ko abazibagurira bahindura ibiciro byazo uko bashatse kandi mu buryo budasonutse.
Umwe muri aba bahinzi, witwa Ndagijimana Innocent, utuye muri uyu mudugu nawe avuga ko iki kibazo gihari, ndetse akagaragaza ko byabashyize mu rujijo kuko batazi icyibitera.
Ati: "Guhinduranya ibiciro bagashyira kuri 800, bakongera bakagabanya 600, ibyo bintu twayobewe uko bimeze, baba bashaka kutwungukaho. Ubu baragurisha 650 kandi ejobundi bari bagurishije kuri 800".
Kuri iki kibazo, umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, yavuze ko igiciro cyahizweho na NAEB ari Frw 480, ku kilo cy’ikawa z’ibitumbwe, bityo ko ugura izi kawa atagomba kujya munsi y’aya mafaranga, agasaba abahinzi ba kawa kujya bashishoza mu gihe bagiye kuzigurisha.
Yagize ati: "Ngira ngo icyo kintu NAEB yagihayeho umurongo; ubundi ku cyiro cy’ibitumbwe ntabwo kigomba kurenza amafaranga 480 ku kilo, umuturage ari kugurisha. Rero yaba ari inyungu ku muturage aramutse abonye 500, 600, gusa icyo twebwe tureba nuko atajya munsi ya 480, aba ashyizweho na NAEB".
Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere duhingwamo ikawa mu Rwanda, ndetse hakaba hari n’inganda zifasha mu gutunganya umusaruro wazo.





















