Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rutsiro: Babiri bagwiriwe n’inzu undi akubitwa n’inkuba

Wednesday 1 May 2024
    Yasomwe na


Abantu batatu bapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, babiri muri bo bagwiriwe n’inzu undi akubitwa n’inkuba.

Ni bimwe mu bituruka ku mvura iri kugwa mu bice bitandukanye mu Rwanda uhereye muri uku kwezi gushize, kwa Mata ndetse bikaba biteganyijwe ko izakomeza muri uku kwa Gucurasi, by’umwihariko mu karere ka Rutsiro, gakunze kwibasirwa n’inkuba n’ibindi biza.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mushonyi, Ntihinyuka Janvier uyobora umurenge wa Mushonyi, aho aba bagwiriwe n’inzu bari bari, yemereye Mamaurwagasabo ko ibi ari impano.

Ati: "Babiri bagwiriwe n’ibikuta by’inzu baryamye, hanyuma mu murenge wa Boneza, uwitabye Imana ni inkuba yamukubise muri iyo mvura, natwe yaduhekuye, ni abana babiri".

Umwe muri aba bagwiriwe n’inzu, yari atuye mu mudugudu wa Gasave mu kagari ka Magaba, muri uyu murenge wa Mushonji, yitwa Niyombuhungiro Evelyne wari ufite imyaka 12, hanyuma undi nawe yari atuye mu mudugu wa Kabere, mu Kagari ka Kaguriro, yitwaga Ukwishaka Akamikazi Vestine wari ufite imyaka 16".

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru