Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

U Burundi bwahagaritse ibikorwa byo kuvuza ingoma zabwo muri Uganda

Wednesday 5 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ambasade y’u Burundi muri Uganda yahagaritse ibikorwa byo kuvugiriza ingoma gakondo zabwo muri iki gihugu kuko bisigaye bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ambasaderi Epiphanie Kabushemeye yategetse ko amatsinda yose afite izi ngoma muri Uganda agomba kuzishyikiriza Ambasade y’u Burundi muri iki gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, Ambasaderi Kabushemeye yakomeje avuga ko ku wa 6 Ukwakira 2022 hateganyijwe inama izasobanurirwamo amategeko agenga ibikorwa byo kuvuza ingoma gakondo z’Abarundi.

Leta y’u Burundi ivuga ko izi ngoma ari umuco gakondo ugomba kubungabungwa.

U Burundi bufashe iki cyemezo nyuma y’uko mu kwezi gushize yihanije abateguye iserukiramuco rya ‘Nyege Nyege’ muri Uganda, ibashinja kuvogera ingoma zabo.

Uyu mujinya w’umuranduranzuzi wazamuwe cyane n’amafoto agaragaza abakobwa bitabiriye Nyege Nyege bavuzaga ingoma, umwe yambaye umwenda ugaragaza amabere.

U Burundi rusanzwe bufite umwihariko w’ingoma zabwo zikaba zinanditse mu mirage ya UNESCO.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru