Saturday . 20 September 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 15 September » Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y’igitero kuri Qatar – read more
  • 15 September » Ikipe ya Man united ikomeje kugorwa n’ubuzima – read more
  • 13 September » Nyabihu: Leta yatuje abatishoboye mu nzu zituzuye – read more
  • 13 September » Rayon Sports iheruka gutsindwa umukino ufungura shampiyona muri 2012. – read more
  • 12 September » Perezida Kagame ari i Doha muri Qatar – read more

U Burundi bwahagaritse ibikorwa byo kuvuza ingoma zabwo muri Uganda

Wednesday 5 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ambasade y’u Burundi muri Uganda yahagaritse ibikorwa byo kuvugiriza ingoma gakondo zabwo muri iki gihugu kuko bisigaye bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ambasaderi Epiphanie Kabushemeye yategetse ko amatsinda yose afite izi ngoma muri Uganda agomba kuzishyikiriza Ambasade y’u Burundi muri iki gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, Ambasaderi Kabushemeye yakomeje avuga ko ku wa 6 Ukwakira 2022 hateganyijwe inama izasobanurirwamo amategeko agenga ibikorwa byo kuvuza ingoma gakondo z’Abarundi.

Leta y’u Burundi ivuga ko izi ngoma ari umuco gakondo ugomba kubungabungwa.

U Burundi bufashe iki cyemezo nyuma y’uko mu kwezi gushize yihanije abateguye iserukiramuco rya ‘Nyege Nyege’ muri Uganda, ibashinja kuvogera ingoma zabo.

Uyu mujinya w’umuranduranzuzi wazamuwe cyane n’amafoto agaragaza abakobwa bitabiriye Nyege Nyege bavuzaga ingoma, umwe yambaye umwenda ugaragaza amabere.

U Burundi rusanzwe bufite umwihariko w’ingoma zabwo zikaba zinanditse mu mirage ya UNESCO.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru