Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U Rwanda rugiye guhindura imiti ya malaria

Monday 6 January 2025
    Yasomwe na

Guverinoma y’u Rwanda igiye gukoresha imiti mishya mu guhangana na Malaria imaze iminsi igaragara mu buryo budasanzwe mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC nyuma yuko bigiye bigaragara ko imiti isanzwe ikoreshwa mu kuvura Malaria itagifite ubukana ku ndwara ku kigero gisanzwe.

RBC yatangaje ko impamvu y’iyo miti mishya ari uko iyari isanzwe itari iri guhangana na Malaria mu buryo bwifuzwa bitewe n’uko iyo ndwara yari imaze kuyimenyera.

Iyo miti igiye kwitabazwa ni izwi nka ‘dihydroartemisinin-piperaquine: DHAP’ na ‘artesunate-pyronaridine: ASPY’, ikaba imwe mu yemewe n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS mu kuvura malaria idakomeye ifata abana n’abakuze

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya Malaria muri RBC, Dr. Mbituyumuremyi Aimable, yabwiye The New Times ko iyo miti igiye kwifashishwa mu gihe iyari izwi nka Coartem yifashishwaga, byagaragaye ko itagihangana na Malaria mu buryo bwifuzwa haba mu Rwanda no mu bindi bihugu

Yavuze ko icyiciro cya mbere cy’iyo miti mishya cyagejejwe mu Rwanda mu cyumweru gishize ndetse ahamya ko izakoreshwa mu bitaro byose ariko ku mabwiriza ya muganga mu gihe habonetse abarwayi bayikeneye.

Ati “Biteganyijwe ko twohereza iyo miti guhera ejo [ku wa O6 Mutarama 2024] bityo abaganga bashobora kuyifashisha mu kuvura abarwayi bafashe imiti ya mbere ariko ntibakire.”

Uyu muyobozi yavuze ko ibituma imiti yari isanzwe idafasha abarwayi nk’uko byari bisanzwe birimo kuba yari imaze igihe kinini ikoreshwa idasimbuzwa, kutubagiriza ingano yagenwe ku wandikiwe iyo miti, no kuba iyo ndwara hari ubwo yamenyereye iyo miti isanzwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru