Nyuma yo kubona umwanzuro wa Guverinoma y’u Rwanda, yahaye amasaha 48 abadipolomate b’u Rwanda, Ububiligi bwahise busubiza aho ikigiye gukurikira.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda gica umubano n’Ububiligi mu bya dipolomasi cyasihotse mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Werurwe 2025.
Nyuma y’amasaha make itangazo rishyizwe ku karubanda, Maxime PREVOT, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, yahise aza gusubiza.
Ni igisubizo yacishije ku rukuta rwe rwa X, kigira kiti: "Ububiligi buricuza icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika umubano w’ububanyi n’Ububiligi no gutangaza abadipolomate b’Ububiligi “persona non grata”.
"Ibi ntibikwiye kandi byerekana ko iyo tutemeranya nu Rwanda bahitamo kutaza mu biganiro."
Ububiligi kandi bwahise bwanzura ko nabwo bugiye kugerera mu kebo ako u Rwanda rwabagereyemo.
Buti: "Ububiligi buzafata ingamba nk’izo: ihamagarwa ry’abashinzwe umubano b’u Rwanda a.i., gutangaza abadipolomate b’u Rwanda nka “persona non grata” no kwamagana amasezerano y’ubufatanye bwa guverinoma."


















